Nyanza: Umusore wo mu karere ka Nyanza yapfuye ubwo yariho yiba inzoga gaz imubana nyinshi bituma apfa.
UMUSEKE wamenye amakuru ko mu mudugudu wa Rugarama B, mu kagari ka Runga mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza hari umusore witwa Sibomana Samuel w’imyaka 20 wari usanzwe uragira inka, wagiye kwiba inzoga mu ruganda rusanzwe rwenga inzoga ziciriritse ubwo yariho adaha inzoga yiba gaz imubana nyinshi iramwica.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan yabwiye UMUSEKE ko uriya musore yishe idirishya ry’uruganda yinjiramo, agezeyo ahinguka ku kigega cyari gitazwemo inzoga maze atangira kudaha yunamye yifashije ijerekani bigaragara ko gaz ariyo yamukuruye arapfa.
Abakozi b’uruganda babonye umuntu yaheze mu kigega baratabaza Polisi na RIB bagezeyo basanga yahezemo akurwamo yamaze gupfa.
Yagize ati “Abakozi batatu bari bafite imfunguzo z’uruganda Polisi na RIB babatwaye kugira ngo bajye kugira amakuru batanga ku buryo nyakwigendera yagezemo.”
Polisi irahumiriza umuryango wa nyakwigendera kuko igihugu n’umuryango bagize igihombo, kandi igakangurira abaturage kwirinda ibikorwa bigayitse birimo ubujura kuko bidashimishije.
Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza
I just could not go away your site before suggesting that I actually enjoyed the standard info an individual provide on your visitors? Is gonna be back continuously to investigate cross-check new posts
You are a very capable individual!
Wow, incredible blog layout! How lengthy have you ever been running a blog for? you made blogging glance easy. The entire look of your website is wonderful, let alone the content material!
Somebody essentially help to make seriously posts I would state. This is the very first time I frequented your website page and thus far? I surprised with the research you made to create this particular publish incredible. Great job!