RIB yataye muri yombi abagore 6 bakekwaho “gusagarira Umucamanza”

Rusizi: Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu batandatu (6) bakurikiranyweho gusagarira Umucamanza no kuvogera inyubako y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kamembe ubwo bafataga mu mashati Umucamanza bamuziza kurekura uwo bashinja ubujura.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rutangaza ko aba bantu batandatu bakoze biriya bikorwa tariki ya 09 Nyakanga 2021.

Umuvugizi w’Umusigire w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B Thierry yabwiye Umuseke ko abafashwe ari Mukamana Jeanine, Tuyishime Alphonsine, Niyonsenga Mediatrice, Nyirabakiza Beatrice, Uwamahoro Fortunee, na Bakundamahoro Chance.

Dr Murangira yagize ati “Abo bantu uko ari 6 bakurikiranyweho kugirira urugomo Abayobozi mu nzego za Leta, giteganywa n’ingingo ya 234 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.”

Yavuze ko icyaha bakurikiranyweho bagikoze tariki 09 Nyakanga 2021 ubwo basagariraga Umucamanza wo ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kamembe.

Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kamembe mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha buzasuzuma niba bwabaregera inkiko.

Kuvogera Urukiko cyangwa kugirira urugomo urwo ari rwo rwose Umucamanza cyangwa undi muyobozi uwo ari we wese mu gihe akora umurimo ashinzwe cyangwa ari wo biturutseho ni icyaha gihanwa n’amategeko.

Ugihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rwaboneyeho gutanga ubutumwa, busaba abaturage kumenya ko ntaho itegeko riteganya inzira yo kugira urugo uwafashe icyemezo, bityo rugasaba abantu kwiyambaza amategeko kuko ari cyo gituma ajyaho.

“RIB iributsa ko utishimiye imyanzuro y’urukiko habaho kujurira nk’uko amategeko abiteganya.”

Ku wa Mbere tariki ya 12 Nyakanga 2021, Urukiko rw’Ikirenga rwasohoye itangazo rinenga bariya bantu bo mu Karere ka Rusizi basagariye Umucamanza n’umwanditsi mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kamembe ruvuga ko hari amategeko ahana usagararira inzego z’Ubutabera.

https://p3g.7a0.myftpupload.com/urukiko-rwikirenga-rwamaganye-ibikorwa-byabagore-bafashe-umucamanza-mu-mashati.html

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
7 Comments
  • Uriya mucamanza nawe bamuvane hariya. Yarangije kuhata isaro. Icyakora ruriya rugamba ariho arwana n’abagore rwo azarutsinda nta kubishidikanyaho. Yambara ikanzu irushije agaciro amajipo n’ibitenge byabo byose. Mbega ubutabera Mana yanjye! Si ce juge avait les couilles d’un vrai homme, il aurait pris ce conflit à bras-le-corps pour le resoudre au lieu d’embraser tout le District.

  • La raison du plus fort est toujours la meilleure. Bariya bagore wagira ngo ntibaramenya ko mu Rwanda hategeka imbunda.

    • Gira uti ahubwo RIB yari yaratinze kubera muri yombi. Koko ubupfura n ubunyangamugayo bwagiye he mu banyarwanda? En plus muri ba bandi ngo bitwa ba mutima w urugo da! Harya buriya iyo bageze mu miryango yabo bitwara bate imbere y abo bashakanye (nina babafite) ndetse n abana babo? Ni akumiro ahubwo. Uzi ko mushaka ko igihugu kiba akajagari gusa? Erega nabonye harimo ababishyigikiye ga maye! Sha aho tugana ibi bidakosowe haba ari habi pe!

  • Kuki gufunga aricyo kibangukira RIB mbere y’ibindi byose? Buriya baribaza umubare w’ingo bahungabanyije n’abanzi bashya bungukiye Leta?

  • Ngewe numva nubwo abamaman bahubutse arko barenganurwa kko ibimina natwe tubibamo arko kwambura nubugwari bukomeye

  • Aho kwica ikibimutera! Kubafunga Kandi basabaga ubutbera kubyabo siwo muti! Kndi ibuye ritakandikaga mu.minsi iri imbere muzaganga ryabaye ipapayi!
    Nihitiraga da!

  • ariko rero aba babyeyi ntabwo bazi igihe tugezemo, umuntu iyagiye mubintu bya piramid bamutekeye umutwe ntanubwo arega kuko leta yabibujije abantu kenshi. arahomba akamenya ko yibwe agatuza. nu abantu ba Rusizi mwabimenye mutinze rwose abantu benshi bagiye babihomberamo mumyaka yabanje. ubwo rero nimusabe imbabazi mutahe mutuze. mumenyeko mwatekewe umutwe. icyo mukwiye gukora nukutazongera gusubira muri gahunda nkizo za piramid. mubizinukwe rwose

Leave a Reply to Gahinda Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *