Nyanza: Umunyeshuri yishwe n’akabuno k’ikaramu

Umwana wiga mu ishuri ribanza riri mu murenge wa Mukingo, mu karere ka Nyanza yamize akabuno k’ikaramu (agapfundikizo k’inyuma k’ikaramu) ubwo yari mu ishuri arapfa.

Umwana yarimo akinisha ikaramu amira agapfundikizo k’inyuma (bita akabuno k’ikaramu)

Nyakwigendera yitwa Dushime Patrick yari afite imyaka icyenda y’amavuko yigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza, mu rwunge rw’amashuri rwa Nyarutovu, mu kagari ka Ngwa, mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukingo, Kayigyi Ange yabwiye UMUSEKE ko nyakwigendera yamize akabuno k’ikaramu ari mu ishuri.

Ati “Yari mu ishuri ari kumwe n’abandi amira akabuno k’ikaramu, karayoba aho kunyura mu nzira y’ibiryo kanyura mu nzira y’umwuka karahafunga ntiyabona uko ahumeka.”

Pasitori Kabayiza Louis umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Nyarutovu yabwiye UMUSEKE ko bihutiye ku mujyana ku Kigo Nderabuzima cya Gatagara biranga, yoherezwa ku Bitaro bya Nyanza ariho yaguye.

Pasitori Kabayiza akomeza avuga ko bategereje ko RIB ikora isuzuma umurambo bakaba bahabwa uburenganzira bwo gushyingura nyakwigendera.

Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
3 Comments
  • Mbega inkuru ibabaje cyane!! Nkiyisoma,numvaga bidashoboka ko ikaramu yakica umuntu.Nta kundi,ababyeyi be nibihangane.Urupfu tugendana narwo.Tujye duhora twiteguye gupfa.Ni iki twakora?Ntitukumve ko ubuzima gusa ari ugushaka amafaranga,shuguri,politike,amashuli,etc…Nkuko imana yaturemye ibidusaba muli Matayo 6,umurongo wa 33,tujye dushaka ubwami bw’imana mbere ya byose,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi.Abumvira iyo nama,nubwo aribo bacye nkuko Yesu yabisobanuye,nibo imana izazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka.Abibera mu by’isi gusa,bible yerekana neza ko batazazuka kuli uwo munsi.

Leave a Reply to twizeye mungu Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *