Musanze: Abajura b’amatungo bakozwemo umukwabu

Mu mukwabu wakozwe na Polisi ikorera mu Karere ka Musanze wo kurwanya ubujura bw’amatungo, hacakiwe abagabo batanu barimo n’uwafatanywe igihanga cy’inka.

Iyi operasiyo yakozwe nyuma y’uko abaturage bamaze iminsi bataka umutekano muke kubera ubujura bw’amatungo yabo, cyane cyane inka n’ihene.

IP Ignace Ngirabakunzi, uvugira Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, yatangaje ko mu guhangana n’ubujura bakorana n’inzego zitandukanye ndetse n’abaturage.

Yavuze ko ibikorwa byose bihungabanya umutekano bigomba kurwanywa, kandi ababigiramo uruhare bagafatwa.

Yagize ati: “Ubufatanye n’abaturage ni ingenzi cyane, by’umwihariko mu kurwanya ibi bikorwa by’ubujura kuko bisubiza inyuma iterambere n’imibereho myiza.”

IP Ngirabakunzi yasabye buri wese wishora mu bikorwa bihungabanya umutekano, ndetse n’ibi by’ubujura kubireka, kuko atazacika ukuboko kw’ubutabera.

Abafashwe bafungiye kuri station ya Polisi ya Muhoza kugira ngo bakurikiranwe ku byaha bakekwaho.

 

JANVIERE NYIRANDIKUBWIMANA

UMUSEKE.RW i Musanze

Share This Article
1 Comment
  • I want to express my appreciation to the writer for rescuing me from this trouble. As a result of surfing around through the world wide web and getting basics which were not productive, I thought my life was gone. Living without the presence of strategies to the problems you have fixed by means of your blog post is a critical case, as well as the kind which might have badly affected my entire career if I hadn’t encountered your site. The talents and kindness in dealing with every part was very useful. I am not sure what I would have done if I hadn’t encountered such a solution like this. I can at this point look forward to my future. Thanks a lot very much for this reliable and sensible guide. I will not be reluctant to propose your web sites to any individual who requires counselling about this situation.

Leave a Reply to tlover tonet Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *