Muhazi United yatandukanye n’uwayitozaga

Ubuyobozi bwa Muhazi United ikina Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri, bwemeje ko biciye mu bwumvikane bw’impande zombi, iyi kipe yatandukanye na Rubona Emmanuel wari umutoza mukuru wa yo.

Amakuru yemeza itandukana ry’izi mpande zombi, yemejwe n’iyi kipe biciye ku rukuta rwa yo rwa X, aho yavuze ko batandukanye biciye mu biganiro by’ubwumvikane bw’impande zombi.

Mu mezi atandatu Rubona Emmanuel yari amaze ari umutoza mukuru wa Muhazi United, yayisize ku mwanya wa mbere mu itsinda A n’amanota 22. Mu mikino 11 yari amaze gutoza ya Shampiyona, yatsinzemo itandatu, anganya ine mu gihe we yatsinzwe umwe.

Rubona Emmanuel ntakiri umutoza wa Muhazi United
Yari amaze amezi atandatu ari umutoza mukuru wa Muhazi United
Ni yo iyoboye itsinda rya A muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri

UMUSEKE.RW

Share This Article
1 Comment
  • FOOT KANYARWANDA MUHAZI ICUMBAGIRA IFASHWA NU TURERE 2 RWAMAGANA NA KAYONZA .AHO ABAKINNYI BITEKERA BAVA MU MYITOZO AHO ABAKINNYI BAGIYE MU MINSI MIKURU NTA GICERI CYI 100 BABONYE BABAYEHO KU BIPINDI BYO KUBESHWA HANYUMA NGO BARASHAKA KUGYA MU CYICIRO CYA 1 .TEAM NKA MUHAZI YAKAGOMBYE KUBA MU CYICIRO CYA 3 .NIBWO BUSHOBOZI NI MYUNVIRE BAFITE.THX

Leave a Reply to Rukundo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *