Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zasoje ibiganiro bimaze iminsi itatu

Abasirikare b'ibihugu byombi mu ifoto ya rusange

Inama ya karindwi y’Abayobozi b’Ingabo z’ u Rwanda n’iza Uganda bakorera ku mipaka ihuza ibihugu byombi, yasojwe uyu munsi nyuma y’iminsi itatu y’ibiganiro byabereye mu Karere ka Musanze.

Iyi nama yabaye mu rwego rwo gukomeza ubufatanye bw’ibihugu byombi, umubano mwiza n’icyizere hagati y’ingabo z’ ibihugu byombi.

Mu minsi itatu y’ibiganiro, intumwa z’impande zombi zasuzumye ibyemezo byafashwe mu nama ya gatandatu yabaye kuva ku ya 30 Nzeri kugeza ku ya 2 Ukwakira, 2025 i Kabale muri Uganda, zinarebera hamwe aho ishyirwa mu bikorwa ryabyo rigeze.

Ibiganiro byibanze ku ngamba zo gucunga umutekano ku mupaka, no gukemura ibibazo birimo kwambuka umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko, icuruzwa ry’abantu, ubucuruzi butemewe, ubujura bw’amatungo, iyinjizwa n’isohoka ry’inzoga zitemewe, uburiganya no kwiyitirira abandi, n’ibindi.

Impande zombi zashimangiye ko ubufatanye bukomeye bukomeza kubaho binyuze mu biganiro bihoraho, no mu bikorwa bihuriweho bigamije kongerera imbaraga umutekano ku mupaka no guteza imbere ituze mu karere.

Abitabiriye inama kandi bagaragaje akamaro ko kwagura ibikorwa by’izo nama, hagashyirwamo uruhare rw’abaturage binyuze muri gahunda z’imikoranire y’ingabo n’abaturage (CIMIC), gahunda zo kurengera ibidukikije, ndetse n’imyitozo ihuriweho y’ingabo.

IVOMO: MoD Website

UMUSEKE.RW

Share This Article
2 Comments

Leave a Reply to Hattie Gray Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *