Ikipe za Police zagize intangiriro nziza muri Shampiyona ya Volleyball 

Ikipe za Police Volleyball Club mu bagabo n’abagore ziri mu zitwaye neza ubwo hakinwaga umunsi wa mbere wa Shampiyona y’Icyiciro cya mbere ya 2025 mu mukino w’intoki wa Volleyball.

Ku wa Gatanu, tariki ya 17 Ukwakira 2025, nibwo hatangiye Shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu mukino wa Volleyball umwaka wa 2025.

Ku wa Gatanu, ikipe ya Kepler Volleyball Club yatangiye yesurana na REG Volleyball mu bagabo muri Petit Stade i Remera.

Muri uyu mukino ikipe ya Kepler yatsinze amaseti 3-0 REG. Iseti ya mbere yarangiye ari amanota 25 ya Kepler kuri 21 ya REG Volleyball Club, iya kabiri Kepler isubira REG iyitsinda 25 kuri 18. Mu iseti ya gatatu, Kepler yashimangiye itsinzi itsinda REG Volleyball Club amanota 27 kuri 25.

Ku wa Gatandatu, ibiro byongeye kuvuza ubuhuha muri Petit Stade i Remera ubwo Police Volleyball Club yesuranaga na Kirehe VC, iyi kipe yo mu Karere ka Kirehe yakirwaga muri Shampiyona nyuma y’umwaka umwe idakina icyiciro cya mbere.

Muri uwo mukino, Police VC yatsinze amaseti 3-0. Iseti ya mbere yarangiye ari amanota 25 kuri 19, iya kabiri 25 kuri 11 mu gihe iya gatatu yarangiye ari 25 kuri 18.

 

Kuri uwo wa Gatandatu kandi, habaye umukino w’ishiraniro wahuje ikipe ya Kaminuza ya East African na Gisagara Volleyball Club.

Ni umukino byasabye ko hakinwa amaseti atanu nyuma y’uko amakipe yari yakomeje gukubana, Gisagara Volleyball Club ikaza kuwutsinda ku maseti 3-2 y’Ikipe ya Kaminuza ya East African.

Umunsi wa mbere mu bagabo usize amakipe ya Police na Kepler ariyo ayoboye urutonde n’amanota atatu.

Mu bagore kandi nabo barakinnye aho ku wa Gatanu, ikipe ya APR Women Volleyball Club yakinaga na Kepler WVC, umukino ukarangira APR itsinze amaseti 3-1.

Iseti ya mbere yarangiye ari amanota 25 ya Kepler kuri 19 ya APR WVC.

Amaseti yakurikiye, APR WVC yazukanye Kepler iyitsinda amaseti atatu mufuririzo, harimo iya 25 kuri 16, iya 25 kuri 23, n’iya 25 kuri 14.

Ku wa Gatandatu, ikipe ya Police Women Volleyball Club yatwaye Igikombe cya Shampiyona umwaka washize, yatsinze ikipe ya RP Huye WVC amaseti atatu ku busa, biyoroheye cyane dore ko iyi kipe y’Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Imyunga n’Ubumenyingiro riri i Huye batigeze bageza ku manota 18, harimo naho batsindiwe munsi ya 15.

Iseti ya mbere yabaye amota 25 kuri 12, iya kabiri iba 25 kuri 16, iya gatatu iba 25 kuri 13.

Kuri uwo munsi, Ikipe ya Rwanda Revenue Authority Women Volleyball Club nayo yisasiye iya Ruhango WVC iyitsinda amaseti 3-0.

Iya mbere yarangiye ari 25 kuri 21, iya kabiri 25 kuri 14 naho iya gatatu iba 25 kuri 16.

Mu bagore, Police WVC na Rwanda Revenue Authority nizo ziyoboye izindi kipe zirindwi aho ziri ku mwanya wa mbere n’uwa kabiri n’amanota 3.

Shampiyona y’Icyiciro cya mbere muri Volleyball izakomeza mu mpera z’icyumweru bakinira muri Petit Stade i Remera.

Abafana bongeye kuryoherwa n’ibiro
Abarimo Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss na Meya Rutaburingoga Jerome mu baje kwirebera ibiro
Abakobwa nabo bongeye kwigaragaza

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW 

Share This Article
1 Comment
  • My programmer is trying to persuade me to move to .net from PHP. I have always disliked the idea because of the costs. But he’s tryiong none the less. I’ve been using WordPress on various websites for about a year and am concerned about switching to another platform. I have heard great things about blogengine.net. Is there a way I can transfer all my wordpress posts into it? Any kind of help would be really appreciated!

Leave a Reply to tlovertonet Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *