Amakuru aturuka mu Burasirazuba bwa Congo, muri Kivu y’Amajyepfo yemeza ko inyeshyamba za AFC/M23 zafashe uduce turi mu misozi muri Teritwari ya Mwenga.
AFC/M23 yafashe udice twa Marundi, Katala, turi mu nzira igana ahitwa Burhinyi, muri Teritwari ya Mwenga, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Inyeshyamba za AFC/M23 zirukanye ingabo za Leta ya Congo zari zimaze iminsi zifite turiya duce.
Amakuru aremeza ko imirwano yakomeje kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Werurwe, 2026 ikaba ibera muri kariya gace ka Burhinyi, aho ingabo za leta ya Congo, FARDC ziri kumwe na Wazalendo, zirwana na AFC/M23.
Umwe mu Banyamakuru b’UMUSEKE uzi neza biriya bice, avuga ko uduce twafashwe dutuyemo abaturage b’Abashi.
Avuga ko iyo umuntu ari mu Mujyi wa Bukavu, yerekeza mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’uyu mujyi ugera mu gace ka Burhinyi ariho ubu imirwano irimo kubera.
Kuva ingabo za Leta ya Congo zubuye imirwano mu bice bitandukanye birimo Minembwe, n’inkengero zayo, ndetse muri Kivu y’Amajyaruguru hakagabwa ibitero byahitanye Umuvugizi wa AFC/M23, Lt.Col Willy Ngoma, byahinduye isura aho AFC/M23 yagabye ibitero byo gusubiza ingabo za Congo, haba muri Kivu ya Ruguru no muri Kivu y’Epfo.
UMUSEKE.RW

i really enjoy reading such a greate article, keep up the wonderful work, check out my site at eiffeltower-ticketparis.com