Umukwabo ukomeye wo gushakisha abantu baba muri Zambia batabyemerewe, wasize Abanye-Congo barenga 80 bafashwe bamwe basabwa kuva muri icyo gihugu abandi bimurwa ku ngufu.
Ni umukwabo wabereye mu gace kitwa Ndola aho abanye-Congo basaga 80 bafashwe nk’uko Radio Okapi ibitangaza ndetse bamwe basabwa kuva ku butaka bw’icyo gihugu.
Abo bantu bashinjwa kuba muri Zambia nta byangombwa bafite.
Ubuyobozi muri Zambia buvuga ko abantu bagera ku 170 bo mu bihugu bitandukanye bafashwe bakekwaho kuba muri icyo gihugu batabifitiye ibyangombwa.
Muri abo harimo abakomoka muri Congo Kinshasa 80 barimo n’impunzi.
Umukwabo ukaze wabereye mu duce twa Ndola, harimo ahitwa Hill Crest, Mitengo, Kawama, Kansenshi na Dola Hill.
Abanye-Congo 15 bahungiye muri Zambia bari mu bafatiwe hariya Ndola basabwa kuhava bajyanwa ahitwa Meheba ku mbaraga.
Abanye-Congo 36 barimo abakuze 10 n’abana 26 basabwe kuva muri Zambia kubera ko nta byangombwa byo kuhaba bafite, bambukijwe umupaka wa Sakania.
Hari abanda bagiye kwiga muri Zambia ariko na bo badafite ibyangombwa byo kubayo, na bo basabwe kuva muri icyo gihugu.
Abandi Banye-Congo 5 bagumye mu maboko y’inzego z’umutekano ngo hakomeze gukorwa iperereza kuri bo.
Ubuyobozi bwo muri Zambia bushinzwe abinjira n’abasohoka busaba abanyamahanga bariyo gukurikiza amategeko agenga abinjira n’abasohoka.
Buvuga ko uzayarengaho ashobora gutabwa muri yombi bikavamo kumwirukana cyangwa kumujyana ahandi hantu ku ngufu.
Urubuga NBC News ruvuga ko mu yindi mikwabo yabereye mu mujyi wa Lusaka hafatiwe abantu 242 baba muri Zambia batabyemerewe.
Mu bafashwe harimo Abarundi 217, abakomoka muri Tanzania 15, Abanyarwanda 8 n’Abanye-Congo babiri.
Aba bafashwe harimo abaciwe amande n’inkiko bitewe no kuba muri Zambia nta byangombwa babifite bakayishyura, n’abahawe ibihano bitandukanye bagafungwa.
Muri abo harimo abagera ku 165 bari bafatiwe mu mikwabo itandukanye yabereye i Lusaka muri Mutarama 2026, na bo bakaba bakekwaho kuba muri Zambia batabyemerewe.
Aba bo ntabwo bari baciriwe urubanza nk’uko NBC News ibivuga.
Namati Nshika ushinzwe ibikorwa byo guhuza ikigo n’abakigana mu Biro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Zambia, yavuze koi bi bikorwa bigamije kugabanya ubucucike muri gereza zo muri icyo gihugu kubera ko zamaze kurenza ubushobozi bwazo.
Yasabye abaturage kujya bakorana n’inzego bagatanga amakuru y’aho bakeka ko amategeko y’abinjira n’abasohoka yarenzweho.

UMUSEKE.RW
