Volleyball: Ingimbi za Gisagara zegukanye Shampiyona y’abato

Ubwo hasozwaga Shampiyona y’abato mu mukino wa Volleyball [Rwanda National Volleyball Junior 2026], ikipe y’ingimbi za Gisagara [Gisagara Academy] mu bahungu na St. Aloys mu bakobwa, ni zo zegukanye iki Gikombe.

Iyi Shampiyona yasojwe ku Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe 2026. Imikino ya nyuma mu byiciro byose, yabereye muri Petit Stade iherereye i Remera.

Mu cyiciro cy’abangavu, ikipe y’ishuri ryisumbuye rya St Aloys y’i Rwamagana, ni yo  yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda iya St Bernadette [ESV Kamonyi] amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma.

Cyari igikombe cya gatatu, iyi kipe y’i Rwamagana yegukanye yikurikiranya. Ikipe ya Lycée de Nyanza, yatahanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda St Joseph y’i Kabgayi.

Mu cyiciro cy’abahungu, ikipe ya Gisagara Academy ni yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda ikipe ya Petit seminaire Virgo Fidelis amaseti 3-1. Cyahise kiba igikombe cya kabiri yegukanye yikurikiranya.

Umwanyanwa gatatu mu bahungu, wegukanywe na Groupe Scolaire Officiel de Butare (GSO Butare), yawubonye nyuma yo gutsinda Nyanza TSS amaseti 3-2.

Iyi Shampiyona y’abato, yatangijwe n’Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda [FRVB] hagamijwe guteza imbere impano z’abato muri uyu mukino no kubafasha kuzibyaza umusaruro.

Gisagara Academy yegukanye igikombe cya Shampiyona y’abato
Byari ibyishimo ku banya-Gisagara
St. Aloys yegukanye igikombe mu cyiciro cy’abakobwa
Umukino wa nyuma wahuje abahungu wari ku rwego rwo hejuru
Ni imikino yagaragaje impano mu mukino wa Volleyball
Imikino ya nyuma yabereye muri Petit Stade
Abana b’abakobwa bagaragaje impano muri uyu mukino

 

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *