Volleyball: Amakipe arenga 20 azitabira Shampiyona Nyafurika izabera i Kigali

Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’amakipe y’abagabo yabaye aya mbere iwayo [CAVB Men’s Club Championship], izabera i Kigali, izitabirwa n’amakipe agera kuri 24.

Iyi Shampiyona Nyafurika, izaba ikinwa ku nshuro ya 47. Amakipe 27 aturutse mu bihugu 13, niyo yamaze gusaba ko yazitabira.

U Rwanda ruzaba ruhagarariwe na Kepler VC, APR VC, REG VC na Police VC. Biteganyijwe ko iri rushanwa rizakinwa ku wa 20 Mata kugeza ku wa 3 Gicursi 2026. Urutonde rwa nyuma rw’abazitabira irushanwa, ruzatangazwa ku wa 6 Mata uyu mwaka.

Igihugu cyakiriye gihagararirwa n’amakipe ane uko akurikirana ku rutonde rwa shampiyona y’umwaka wabanje. Bivuze ko ari yo mpamvu u Rwanda rwahagararirwa n’amakipe ane.

Ubwo iri rushanwa riheruka kuba mu 2025, ryabereye mu Mujyi wa Misurata wo muri Libya, ryegukanwa n’ikipe ya Swehly Sports Club yo muri icyo gihugu mu gihe APR VC yo mu Rwanda yabaye iya kane.

Mu 2022, Gisagara VC yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye umudali muri iri rushanwa ubwo yabaga iya gatatu itsinze Port de Douala amaseti 3-1 ubwo ryari ryabereye i Kelibia muri Tunisie.

Kepler VC iri mu zizahagararira u Rwanda muri iri rushanwa
APR VC na Police VC ziri mu zizahagararira u Rwanda muri Shampiyona Nyafurika
N’ubwo itazakina imikino ya kamarampaka, APR VC izakina Shampiyona Nyafurika

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *