Uwanze igitego cya APR FC yafatiwe ibihano

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko ryafatiye ibihano umusifuzi wo ku ruhande, Jabo Aimé Aristote uherutse kwanga igitego cya APR FC ubwo ikipe y’Ingabo yanganyaga 0-0 na El-Merrikh SC mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona.

Ku wa 18 Mutarama 2026, ni bwo ikipe y’Ingabo yanganyije 0-0 na El-Merrikh SC mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro.

N’ubwo amakipe yanganyije, ariko APR FC yari yabonye igitego ku munota wa 88 cyatsinzwe na Dauda Yussif ariko umusifuzi wo ku ruhande, Jabo Aristote amanika igitambaro aho yemeje ko cyatsinzwe habayeho kurarira.

Nyuma yo kwangwa kw’iki gitego kuri uyu musifuzi, uwari uyoboye umukino, Twagirumukiza Abdullarim, yaraje abaza Jabo niba koko yarebye neza ko habayeho kurarira, maze birangira cyanzwe.

Nyuma y’uko ikipe y’Ingabo itanze ikirego irega uyu musifuzi wanze igitego cya yo, FERWAFA yasohoye itangazo rikubiyemo ibihano by’uko yahagaritswe imikino ine. Ni ibihano bigomba gutangira uhereye igihe itangazo ryasohokeye.

N’ubwo isigaje umukino umwe kugira ngo isoze imikino ibanza, APR FC yahise ifata umwanya wa Gatatu n’amanota 35 mu gihe El-Merrikh SC yo iri ku wa kane n’amanota 31 mu mikino 15 imaze gukina.

FERWAFA yemeje ko yahagaritse Jabo imikino ine
Nyuma yo kwanga igitego cya APR FC, Niyomugabo Claude ntiyemeranyije n’iki cyemezo

UMUSEKE.RW

Share This Article
1 Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *