Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yagize Umunyamerika James Swan, Umuyobozi Mukuru w’Ubutumwa bwa Loni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bushinzwe kugarura amahoro (MONUSCO).
Ni inshingano yasimbuyeho Bintou Keita uheruka kuva muri izo nshingano mu mpera za 2025.
Uyu Munyamerika yari asanzwe ari Intumwa y’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye muri Somalia ndetse yari yarayoboye n’Ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Somalia (UNSOM) hagati ya 2019 na 2022.
Uyu azwiho kumenyera politiki n’ibibazo bya Afurika dore ko yabaye Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu bihugu birimo: Congo-Brazzaville, Somalia, Cameroon, Djibouti na Somalia.
Yabaye kandi Ambasaderi wa Amerika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yagize inshingano i Kinshasa hagati ya 2013 na 2016. Gusa akaba yarakoze inshingano nyinshi muri iyo Ambasade kuva mu 1996.
James Swan, MONUSCO agiye kuyobora imaze imyaka myinshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu mpera za 2025 yongerewe manda izageza mu Kuboza 2026.
Ubu butumwa burimo ingabo zituruka mu bihugu birenga 10, bavuze ko muri uyu mwaka bazibanda ku kurwanya imitwe yose yitwara gisirikare.
Izi ngabo ziba Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu bwagiye bugaragaza ko butakizishaka
Abaturage bagiye bitabira imyigaragambyo yo kwamagana izi ngabo ndetse bakanatera ibirindiro byazo bagatwika.
Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro n’umutekano muri RDC bwatangiye ku wa 30 Ugushyingo 1999, hashyirwaho umutwe w’ingabo ziswe MONUC zagombaga guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu mashyamba y’icyo gihugu. Ku wa 1 Kamena 2010, uwo mutwe wahinduriwe izina witwa MONUSCO.
Ubwo butumwa bwagiye bwongererwa umwaka nubwo umusaruro wabwo wagiye ugawa, ‘buvukwa ko ubwo ingabo zibugize zakandagiraga muri Congo hari imitwe yitwaje intwaro itanu none ubu ikaba irenga 200’, kandi bwarakoresheje miliyari z’amadolari ya Amerika.
Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025, MONUSCO yakoresheje miliyoni 918,4 z’Amadolari ya Amerika.
MUGIRANEZA THIERRY/UMUSEKE.RW
