Umwe mu banyamakuru b’Imikino bafite izina rinini muri uyu mwuga, Uwimana Clarisse, yagizwe umwe mu bagize Komisiyo y’Umupira w’Amaguru w’Abagore mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa (member).
Ku wa Gatatu, tariki ya 8 Ukwakira 2025, hateranye inama ya Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda, Ferwafa, yari igamije kwemeza abagize za Komisiyo z’iri Shyirahamwe.
Umwe mu bemejwe ko ashyirwa muri Komisiyo y’Iterambere ry’Umupira w’Amaguru w’Abagore, ni Uwimana Clarisse usanzwe ari umunyamakuru w’imikino kuri B&B Kigali FM.
Uyu yashyizwe muri iyi Komisiyo nk’umwe mu bayigize [member], cyane ko asanzwe anafasha ruhago y’Abagore mu Rwanda. Clarisse uretse kuba umunyamakuru, ni umutoza ufite Licence C-CAF ndetse yakinnye muri APR WFC ubwo yari akiri mu mashuri yisumbuye.
Mu itangazamakuru, yaciye ku bitangazamakuru birimo Flash FM, City Radio, RadioTV10. Ni umwe kandi mu bagore bavuga rikumvikana biciye ku mbuga nkoranyambaga ze zirimo X, Facebook na Instagram.

UMUSEKE.RW
Nice post. I learn something totally new and challenging on websites