Uganda: Museveni wakekaga kuzibwa, arasatira gutsinda amatora

Perezida Yoweri Kaguta Museveni niwe uyoboye abandi bakandinda ku mwanya  w’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, aho afite 76,25% by’amajwi y’agateganyo.

Ni amakuru yashyizwe hanze na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Uganda kuri uyu wa gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026.

Amajwi y’agateganyo yakusanyijwe avuye muri site z’itora 22,758 zingana na 44,85% zatoreweho mu gihugu hose ku wa 15 Mutarama 2026, arerekana ko Yoweri Kaguta Museveni usanzwe ku butegetsi ari we uri imbere aho afite 76,25% by’amajwi.

Perezida Museveni ubwo yamaraga gutora yavuze ko yizeye kuzatsinda amatora ku kugero cya 80% “nihatabamo uburiganya.”

Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine ni we umukurikiye aho afite amajwi 19,85%.

Ishyaka rye rya National Unity Platform (NUP) ryanditse kuri X, ko Kyagulanyi afungiwe iwe mu rugo aho abasirikare n’abapolisi bagose urugo rwe.

Polisi ya Uganda yavuze ko ibyo itabizi.

Undi mukandida uri hafi ni Natahana Nandala Mafabi uhagarariye ishyaka FDC, wagize 2,08%.

Biteganyijwe ko ku wa Gatandatu tariki ya 17 Mutarama 2026 ari bwo amajwi azatangazwa mu buryo bwa burundu.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *