*Maj. Gen Kandiho “yavuzweho guhohotera Abanyarwanda”
Ishobora kuba ari indi ntambwe ikomeye itewe mu mubano w’u Rwanda na Uganda, Perezida Yoweri Museveni yakuyeho Maj.Gen Abel Kandiho ku mwanya w’umuyobozi ukuriye ubutasi bwa gisirikare (Chieftaincy of Military Intelligence, CMI).

Gusimbuzwa mu nshingano kwa Maj.Gen Abel Kandiho, byemejwe n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni.
Mu butumwa bwo kuri Twitter yagize ati “Ndashimira bombi Maj.Gen Abel Kandiho na Maj.Gen James Birungi ku nshingano nshya bahawe. Hongera sana.”
Chimp Reports cyandikira muri Uganda kivuga ko umwe mu bayobozi bo hejuru mu gisirikare yagitangarije ko Gen Kandiho agiye koherezwa muri Sudani y’Epfo.
Gen Kandiho akuwe ku mwanya wa CMI nyuma y’igihe gito umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni ahuye na Perezida Paul Kagame bakaganira ku nzira zo gusubiza mu buryo umubano w’ibihugu byombi.
Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda, akaba n’umujyanama wa Perezida Museveni mu by’umutekano yakomeje kuvuga amagambo asingiza umubano mwiza hagati y’u Rwanda na Uganda.
Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ku wa Mbere nijoro yagize ati “Ubumwe bwacu bwatangiye mu mateka ya kera. Turi abantu bamwe! Imana ikomeze ubumwe hagati ya Uganda n’u Rwanda.”
Iyi ishobora kuba ari indi ntambwe ikomeye Uganda iteye mu kubyutsa umubano wayo n’u Rwanda rwakomeje kwinubira uyu Gen Kandiho uburyo urwego rwe rwa CMI rwakoreraga iyicarubozo Abanyarwanda bari muri Uganda kandi ntacyo bashinjwa.

https://p3g.7a0.myftpupload.com/perezida-kagame-yasangiye-na-gen-muhoozi-nyuma-yo-kumwakirira-mu-rugwiro.html

UMUSEKE.RW
Uyu mugabo yari yarazengereje abanyarwanda bya hatari
Mureke ubwibone. Kuki mwumva ko ibyemezo bifatirwa muri Uganda bigomba kuba bifite aho bihuriye n’ u Rwanda ? U Rwanda na Uganda ari ibihugu 2 bitandukanye, buri kimwe kirigenga.
Niko ubuswa bwawe bukubwira..shutup.
Hhhhh … Icy’ingenzi wumvise, menya ibyawe ibyabandi ubibarekere.
nkeka ko wumvise kundusha kuko urabyumvira no mumisokoro. intsinzi zizajya zihora zibarya. iyi nayo niyo for your information.
LIMOUSINE ko ubanza agahinda kavanze n’umujinya kagiye kuguhitana. Wabishaka utabishaka impunduka zaje. Urahungira he? Ibyo wifuzaga ko ubanza byanze. Yoo, urambabaje. IHANGANE NIKO BIMERA MURI POLITIKI. NTA MWANZI W’IBIHE BYOSE. Kandi ngo impfizi icugita iby’ISI ni RUHOGO RWA BIRAHINDUKA. Abahora mwifuza ikibi ku Rwanda muzarinda murunduka. Erega aho isi igeze, intambara y’amasasu hagati y’ibihugu 2 ntizigezweho. Kuko , ibihugu byose bifite intwaro zikomeye. Bityo, ntacyakwihandagaza ngo kivuge ko cyatsinda byanze bikunze . None se USA muri AFGHANISTANI, ntibyarangiye bibayobeye bagataha icyabajyanye batagikoze. Ubu ABATALIBANI basubiye mu buyobozi bwabo. Barica bagakiza. IYO BIMEZE GUTYA RERO MU ISI, IKIRUTA IBINDI NI A M A H O R O, AMAHORO, wongere ubyumve, A MA H O R O .