Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League Ishinzwe gutegura Shampiyona y’u Rwanda, abafatanyabikorwa n’abandi bafite aho bahuriye na ruhago y’u Rwanda, bafite impungenge batewe n’ubuke bw’abafana baza kureba Shampiyona y’u Rwanda kuri za Stade.
Ku wa Gatandatu no ku Cyumweru, tariki ya 24-25 Mutarama 2026, habaye umwiherero w’iminsi ibiri wahuje ubuyobozi bwa Rwanda Premier League, abahagarariye abafana b’amakipe atandukanye akina Shampiyona y’u Rwanda, bamwe mu bayobozi, abafatanyabikorwa ndetse n’itangazamakuru ry’imikino.
Chairman wa Rwanda Premier League, Hadji Mudaheranwa Yussuf, ubwo yawutangizaga ku mugaragaro, yavuze ko ari umwiherero ugamije kwisuzuma no kureba icyakorwa cyose ngo Shampiyona y’u Rwanda yongere isubirane intebe yahoranye.
Uyu Muyobozi yakomeje avuga ko kimwe mu bibateye impungenge cyanatumye kurusha ibindi, ari ubuke bw’abafana baza kureba imikino kuri za Stade zitandukanye.
Mu mibare yeretswe abanyamakuru muri uyu mwiherero, hagaragajwe ko mu mwaka ushize w’imikino 2024-25, kuri za Stade zitandukanye hinjiye abafana bagera ku bihumbi 246,314 bangana na 68.6%. Aba binjije angana na Miliyoni 802.9 Frw ariko uyu mwaka imibare yagabanutse.
Nyuma y’imikino ibanza ingana na ½ cya Shampiyona, kuri za Stade hamaze kwinjira abafana bangana n’ibihumbi 102,340. Aba bagabanutseho 58.5% ku binjiye umwaka ushize. Aba bamaze kwinjiza agera kuri Miliyoni 286.4 Frw atanangana na ½ cy’ayinjiye mu mwaka w’imikino 2024-25.
Igiteye impungenge kurushaho, ni uko amakipe akina Shampiyona y’u Rwanda yiyongereye akava kuri 16 akagera kuri 18. Bivuze ngo hitezwe imikino 306 igomba gukinwa.
Muri 2021-22, abafana baje kuri Stade bangana n’ibihumbi 175,554. Aba binjije angana na Miliyoni 444.4 Frw. Muri 2022-23, imibare yongeye kugabanuka, abafana binjiye kuri Stade bangana n’ibihumbi 146,107 binjije angana na Miliyoni 420.5 Frw.
Ashingiye kuri iyi mibare, Hadji Mudaheranwa Yussuf yasabye abafana, abanyamakuru b’imikino ndetse n’abandi bafatanyabikorwa ba Shampiyona y’u Rwanda, gusenyera umugozi umwe kugira ngo bafatanye gushaka umuti wo kugarura abafana kuri za Stade.













UMUSEKE.RW
Ikibazo gikomeye kiri mu MISIFURIRE ihora ari ibibazo cyane, iki nicyo kibazo kigomba kubanza gukemuka. Umukino usifuwe nabi bikaba inshuro nyinshi ku ikipe imwe, bituma buri umwe wese acika intege zo gusubira kuri stade. Hakwiye kujyaho ibihano bikomeye ku basifuzi bagaragaweho kwiba babishaka.
Icya kabiri ni umusaruro mukeya tubona mu makipe yacu igihe yaserukiye igihugu.