U Rwanda ruzakira amarushanwa arimo CECAFA y’abagore

Ubuyobozi butegura irushanwa rya CECAFA Kagame Cup mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba no Hagati [CECAFA], bwemeje ko u Rwanda ruzakira amarushanwa ane Nyafurika arimo na CECAFA y’abagore.

CECAFA yemeje ko nyuma y’imyaka irindwi, irushanwa rihuza amakipe yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA Kagame Cup, rizongera rikabera mu Rwanda kuva tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama 2026.

Iri rushanwa ryitiriwe Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ryaherukaga kubera mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Huye.

Ibi byatangajwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati (CECAFA) yatangaje ko u Rwanda ruzakira ane mu marushanwa atandatu yaryo azakinwa uyu mwaka.

CECAFA Kagame Cup izaba tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama mu gihe kandi irushanwa rya kabiri ari imikino ihuza abanyeshuri batarengeje imyaka 15 (CAF African Schools Football Championship- CECAFA Qualifiers) izaba tariki 22-25 Nyakanga.

Irya gatatu ni iry’amakipe y’abagore ryo gushaka itike ya CAF Champions League [CECAFA Qualifiers], rizaba tariki 22 Kanama kugeza ku ya 6 Nzeri mu gihe irya kane ari iryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu bahungu batarengeje imyaka 17 rizaba tariki 10-25 Ukwakira.

Igihugu cya Tanzania gikunze kwakira iyi mikino, cyo cyahawe kwakira CECAFA y’abakobwa batarengeje imyaka 17 tariki 30 Gicurasi kugeza ku ya 14 Kamena ndetse n’imikino yo gushaka itike ya CAN U-20 kuva tariki ya 22 Kanama kugeza ku ya 6 Nzeri.

Amwe mu marushanwa kugeza ubu bitaramenyekana igihe azabera n’ibihugu bizayakira ni CECAFA Senior Challenge Cup ihuza ibihugu na CECAFA Beach Soccer Championship izaba muri Nyakanga.

Amashyirahamwe ya Ruhago agize CECAFA ni irya Kenya, Uganda, Tanzania, Sudani y’Epfo, Sudani, Éthiopie, Eritrea, Zanzibar, Somalia, u Rwanda, u Burundi na Djibouti.

CECAFA y’abagore izabera mu Rwanda

UMUSEKE.RW

 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *