Tshisekedi yasutse amarira imbere ya Papa, agereka imitwaro ya Congo k’u Rwanda

Perezida wa Repubuka Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix AntoinevTshisekedi, mu ijambo ryakira umushumba wa Kiliziya Gatorika ku Isi, Papa Francois, yongeye gukomoza ku Rwanda avuga ko “uRwanda ari umwanzi w’amahoro.”
Perezida Tshisekedi yijunditse u Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri nibwo Nyirubutungane papa Francois yagiriye uruzinduko rw’amateka  muri Repubuka Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Tshisekedi ubwo yahaga ikaze uyu munyacyubahiro, yavuze ko” mu bugwaneza basanganywe, bitifuzwa n’abanzi b’amahoro n’imitwe yitwaje intwaro ituruka mu bihugu by’ibituranyi.”

Mu ijwi ryuje ikiniga yavuze ko igihugu cye kimaze imyaka kiberamo ubwicanyi ndengakamere bigizwemo uruhare n’abaturanyi b’u Rwanda.

Tshisekedi yavuze ko “Congo mu myaka myinshi irenga mirongo itatu , yaranzwe n’ihohoterwa ndetse no guhungabana kw’amahoro n’umutekano, bigizwemo uruhare n’imitwe yitwaje intwaro, ibihugu by’amahanga bishaka kwiba umutungo w’igihugu, kandi ibyo bigaterwa inkunga n’u Rwanda, ibyo bikaba ari bimwe bakomeje guhangana nabyo.”

Perezida wa Repubuka Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko imiryango mpuzamahanga yakomeje kurebera bityo ko imiryango igera kuri Miliyoni 10  ifite ubuzima bubi, abagore batwite ,bafashwe ku ngufu bakanakuramo inda.

Uku kurega URwanda kuri Papa, bibaye mu masaha macye asabye akanama ka Loni gashinzwe umutekano ku Isi,  gufatira ibihano URwanda n’abayobozi b’umutwe wa M23.

Tshisekedi aganira n’abahagarariye ibihugu byabo muri Congo n’imiryango mpuzamahanga kuwa 30 Mutarama uyu mwaka, yavuze ko ubushotoranyi bw’uRwanda bugamije “gutwara Ubukungu bw’icyo gihugu.”

Perezida Felix yongeraho ko Congo ishyize imbere amasezerano ya Nairobi na Luanda kandi ko afitiye ikizere abahuza bashyizweho.

U Rwanda ruvuga ko nta mugambi cyangwa inyungu rufite mu kwivanga mu bibera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

URwanda na RDCongo kuri ubu burarebana ay’ingwe nyuma yaho umutwe wa M23 wubuye imirwano, Congo igashinja uRwanda kuwushyigikira.

Papa yahawe n’impano

Papa yikomye amahanga akomeje guteza akaga Congo
Tshisekedi yasabye Papa n’amahanga guhagurukira u Rwanda

TUYISHIMIRE RAYMOND/ UMUSEKE.RW

Share This Article
4 Comments
  • Tshisekedi mbona ashobora kuba afite ishyari ribi ku Rwanda kubwo: – Umutekano, – Ubuyobozi bwiza, – Ubumwe, – Umubano mwiza n’amahanga, – Iterambere… Ibyo kugihugu cye cya DRC akaba yarananiwe kubigeraho maze bikamura isyari ribi na troma ku Rwanda kuko sinumva impamvu burigihe u Rwanda u Rwanda kandi mugihugu ayoboye kirimo imitwe yitwaje intwaro zitandukanye isaga 100 ndibaza muriyo yose haba harimo uwitwa: RDF? Usibye ko Tshisekedi ubanza ntanabajyanama yigirira!!! Gusa baca umugani ngo: [Gashyigu itera umugore kwikuruza].

  • Njye mba nabuze icyo mvuga.

    Ndibuka muri 2021 Tchisekedi aza mu Rwanda , Kagame akamuherekeza nawe agasuura RDC,
    Ndibuka Kagame yemerera abacongolais kububakira umudugugudu,

    Ndibuka muri 2009 operation UMOJA WETU yo guhashya FDLR ,
    Ndibuka muri 2010 Kabila aza mu Rwanda,

    Ndibuka muri 2019 special force y’u Rwanda yica Lt Gen Mudacumura.

    Ariko ubu muri buri speech Congo ntihwema gutuka u Rwanda.

    Tujye twicecekera ibya politiki ntawamenya na biriya igihe bizashaka bizikemura.

  • Rwanda rwacu baracya ngucuraho umugambi ariko Uwiteka nyirimuhwe ahora atureberera niba aricyibi twakoreye congo koko kuryo. Umuntu wese babonye bataka batabare barapfuye urwanda rurabatera ubundi babateye byanyabyo bakabivungira ukuri ubuse ababo kobaza murwanda tubatwara iki niko twetutazi ibyo akorera bangenzi bacu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *