Nyuma y’amasaha make yicaye ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona y’u Rwanda y’Abagore y’icyiciro cya mbere, Rayon Sports WFC yongeye kwisubiza umwanya wa mbere nyuma yo kunyagira Bugesera WFC ibitego 6-0.
Ku cyumweru, tariki ya 22 Gashyatare 2026, ni bwo habaye imikino isoza iy’umunsi wa 17 muri Shampiyona y’u Rwanda y’Abagore y’icyiciro cya mbere [Rwanda Women’s Super League].
Umwe mu yari ihanzwe amaso, ni uwabereye ku kibuga cyo mu Nzove, cyane ko Rayon Sports WFC yaje kuwukina yamaze gutakaza umwanya wa mbere wari wafashwe na Police WFC.
Murera itozwa na Rwaka Claude, yatsinze inyagiye Bugesera WFC ibitego 6-0, ihita yisubiza umwanya wa mbere.
Ni ibitego byatsinzwe na Niyonshuti Emerance watsinzemo bibiri, Coralie Odette watsinzemo kimwe, Ukwinkunda Jeannette ‘Jiji’ watsinzemo bibiri, na Nasra watsinzemo kimwe.
Intsinzi ya Murera, yatumye ihita yisubiza umwanya wa mbere n’amanota 42 n’ibitego 51 izigamye mu gihe irusha Police WFC ibitego 14 ariko aya makipe akanganya amanota.
Mu gihe izihanganiye igikombe cya Shampiyona zatsindaga ibitego byinshi, iziri mu myanya ya nyuma zo zaranyagiwe. AS Kigali WFC yanyagiwe na Police WFC ibitego 5-0 mu gihe Nyagatare WFC yo yanyagirwaga na APR WFC ibitego 9-1.
Indi kipe yatsinzwe ibitego byinshi, ni Macuba WFC yatsinzwe na Indangaharwa WFC ibitego 5-0 mu mukino wabereye i Kabarondo mu Karere ka Kayonza.
Muhazi WFC na Kamonyi WFC, zagabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu gihe Inyemera WFC yo yatsinze Forever WFC ibitego 2-0 mu mukino wabereye ku kibuga cya Munyinya mu Karere ka Gicumbi. Abanya-Gicumbi batsindiwe na Mutuyimana Sandrine na Clarisse.
Umunsi wa 17 w’iyi Shampiyona, wasize Nyagatare WFC igumye ku mwanya wa nyuma n’ubusa bw’amanota n’umwenda w’ibitego 60 imaze gutsindwa. Ikurikirana na AS Kigali WFC iri ku mwanya wa 11 n’amanota 11 n’umwenda w’ibitego 27 mu gihe Forever WFC banganya amanota yo ifite umwenda w’ibitego 19.










UMUSEKE.RW
