Ruhago y’Abagore: Rayon na Police zikomeje gukubana

Ikipe ya Rayon Sports WFC na Police WFC zikomeje guhanganira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda y’Abagore [Rwanda Women’s Super League], zabonye intsinzi mu mikino y’umunsi wa 18, mu gihe AS Kigali WFC na Nyagatare WFC zikomeje gutsindwa.

Imikino isoza iy’umunsi wa 18 muri Shampiyona y’u Rwanda y’Abagore mu cyiciro cya mbere, yabaye ku wa cyumweru, tariki ya 1 Werurwe 2026 ku bibuga bitandukanye.

AS Kigali WFC yari ku kibuga cyayo, yatsinzwe na Rayon Sports WFC ibitego 6-0 mu gihe Police WFC yo yatsindaga APR WFC ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri Stade Ikirenga i Shyorongi.

Murera yatsindiwe n’abarimo Odette Coralie, Emelyne ‘Luvumbu’, Jeannette ‘Jiji’, Marthe na Emerance.

Gutsinda uyu mukino kuri iyi kipe yo mu Nzove, byatumye ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona n’amanota 57 n’ibitego 57 izigamye. Police WFC ya kabiri zinganya amanota ariko yo izigamye ibitego 38.

AS Kigali WFC yigeze kuyobora Shampiyona y’Abagore, iri ku mwanya wa 11 n’amanota 11 n’umwenda w’ibitego 33 mu gihe Nyagatare WFC ari yo ya nyuma n’ubusa bw’amanota n’umwenda w’ibitego 63.

Indi mikino yabaye:

  • Macuba WFC 1-0 Muhazi WFC
  • Bugesera WFC 0-1 Indahangarwa WFC
  • Forever WFC 2-0 Nyagatare WFC
  • Kamonyi WFC 1-0 Inyemera WFC
Rayon Sports WFC ntiyiteguye gukora ikosa ryo gutakaza umwanya wa mbere
Police WFC nayo ikomeje gutsinda
AS Kigali WFC iri muri ebyiri za nyuma

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *