Ikipe ya RSSB Tigers BBC ihagararariye u Rwanda muri BAL 2026, yitwaye neza mu mukino ubwo yatsindaga Petro de Luanda yo muri Angola amanota 82-78, bikayihesha kubona intsinzi ya kabiri muri Kalahari Conference.
Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026. Wari uhanzwe amaso na benshi, cyane ko amakipe yombi ahabwa amahirwe yo kuyobora iri tsinda.
Amakipe yombi yatangiye agenda gahoro, buri imwe ikora amanota ariko agace ka mbere kaje kurangira, Petro de Luanda iyoboye n’amanota 17-12.
RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda, yagarutse mu gace ka kabiri ifite imbaraga ndetse igerageza kwinjira mu mukino, maze abakinnyi bayo barimo Ntore Habimana, Leonard Craig Randall bayitsindira amanota menshi.
Ibi byatumye iyi kipe isoza aka gace itsinze amanota 22-19. Byatangaga ubutumwa ko mu tundi duce ishobora kuza kwitwara neza.
N’ubwo Petro de Luanda yasoje igice cya mbere iri imbere n’amanota 36-34, ariko RSSB Tigers yari yagabanyije ikinyuranyo cy’amanota.
Amakipe yombi yagarutse mu gace ka gatatu ari hejuru ndetse umukino wihuta. Tigers yagarukanye imbaraga, aho Mangok Mathiang Ayub na Teafale Lenard Jr bayitsindiraga amanota menshi.
Ku ruhande rw’abanya-Angola, Childe Dundao, Kacuol Dut Jok na Abou Bacar Pedro Gakou bayitsindiye amanota menshi ariko atari ahagije. Aka gace, RSSB Tigers yagasoje iri imbere n’amanota 23-20.
Iyi kipe ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa, yigaranzuye Petro de Luanda iyobora umukino n’amanota 57-56 muri aka gace ka gatatu.
Uko RSSB Tigers yasoje aka gace, ni ko yagarutse no mu ka nyuma, aho abarimo Leonard Craig Randall na Teafale Lenard Jr bayitsindiye amanota menshi, ikinyuranyo kirazamuka kigera mu manota 10 (72-62).
Mu minota ya nyuma, Petro yagerageje gusunika ngo irebe ko yagabanya ikinyuranyo ariko RSSB Tigers ikomeza kuba nziza.
Umukino warangiye RSSB Tigers ibonye intsinzi imbere ya Petro de Luanda ku manota 82-78. Yabaye intsinzi ya kabiri kuri iyi kipe ihagarariye u Rwanda kuko yatsinze Al Ahly Benghazi mu mukino ubanza.
Abanya-Angola batsinzwe umukino wa mbere kuko baherukaga gutsinda Al Ahly Benghazi amanota 104-90.
RSSB Tigers izagaruka mu kibuga ku wa Gatatu, tariki ya 1 Mata 2026 ikina na Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo.


UMUSEKE.RW
