Nyuma yo gutsindira Al-Hilal SC muri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ¼ muri CAF Champions League, Rennaissance Sportive de Berkane, yakatishije itike ya ½ muri iri rushanwa.
Uyu mukino w’amateka ku Banyarwanda bari bawubonye imbona nkubone bwa mbere, wabereye kuri Stade Amahoro guhera Saa Kumi n’Ebyiri z’ijoro zo ku Cyumweru, tariki ya 22 Werurwe 2026.
Amakipe yombi yatangiye acunganga cyane ndetse birakomeza kugeza ubwo igice cya mbere cyarangiye nta kipe ibashije kubona izamu ry’indi.
Al-Hilal SC yari mu rugo, yagarukanye imbaraga nyinshi mu igice cya kabiri isatira cyane izamu rya RS Berkane, cyane ko gutanga igitego abanya-Maroc, byari kubashyira mu yindi mibare.
Nyuma y’uku gukomeza gusatira, byatumye abanya-Sudani bafungura amazamu ku munota wa 54 ku gitego cyatsinzwe na Adama Coulibali ku ishoti rikomeye yatereye mu rubuga rw’amahina, ariko umusifuzi yifashishije VAR aracyanga aho yavuze ko habanje gukorwa ikosa ryakorewe Mounir Chouiar mu rubuga rw’amahina rwa Al-Hilal SC, maze abanya-Maroc bahabwa penaliti.
Iyi Penaliti yatewe na Mounir Chouiar maze umupira ukurwamo neza n’umunyezamu Soufiane Ouedraogo, warekeye bagenzi be mu mukino.
Iyi kipe yo muri Sudani yakomeje gusatira ishaka igitego ariko umunyezamu wa RS Berkane, Anas Zniti n’ubwugarizi bwe bakomeza kuba beza.
Mu minota 70, Amakipe yombi yakomeje gusatirana ashaka igitego ariko abakinnyi bayo basatira bakogorwa no kubyaza umusaruro uburyo babonaga.
Iminota 10 nyuma yaranzwe na gusatira kwa RS Berkane harimo umupira watewe na Paul Bassene, ukurwamo neza n’umunyezamu Sofiane Farid Ouedraogo wagize umukino mwiza.
Muri iyi minota kandi ya nyuma, Al-Hilal SC yakomeje gukina nk’iyashakaga kunganya 0-0 kugira ngo ibashe kugera muri ½. Ibi byayiviriyemo gukoramo amakosa menshi yatumye umusifuzi wo hagati abahanisha amakarita menshi y’umuhondo.
Ibintu byaje kuba bibi ku banya-Sudani ku munota wa 90+3 ubwo Mounir Chouiar yatsindaga igitego cya RS Berkane cyahise kinayigeza muri ½ nyuma y’intsinzi y’ibitego 2-1 mu mikino yombi, cyane ko ubanza amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1.
Muri ½ cya CAF Champions League, aba banya-Maroc bazahura na benewabo bandi bo muri iki gihugu, AS FAR yasezereye Al-Ahly yo mu Misiri.





UMUSEKE.RW
