Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye, kandi ishimira ubusabe bwa Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço, ivuga ko bugamije kugarura amahoro n’umutekano birambye mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Mu itangazo ryasohowe na Leta ya Kinshasa ku wa 13 Gashyantare 2026, RDC yamenyesheje Abanyekongo n’amahanga ko Perezida Felix Tshisekedi yemeye ihame ryo guhagarika imirwano, mu rwego rwo gufata inshingano, gutuza no gushaka umuti unyuze muri dipolomasi ku ntambara ziri mu burasirazuba bwa Congo.
Iryo hagarikwa ry’imirwano rishingiye ku masezerano yasinyiwe i Doha ku wa 14 Ukwakira, 2025 hagati ya Leta ya Congo n’umutwe wa AFC/M23.
Ku wa Gatanu, tariki 13 Gashyantare, 2026, Perezidansi ya Congo yavuze ko Perezida Tshisekedi yemeye ihame ryo guhagarika imirwano nk’uko byasabwe na Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço, nk’Umuhuza wagenwe na Africa yunze Ubumwe kugira ngo hategurwe ibiganiro bijyanye n’inzira zo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo.
Angola yasabye ko haba agahenge k’intambara hagati ya Guverinoma ya Congo n’inyeshyamba za AFC/M23 kazatangira ku isaha ya saa 12h00’ tariki ya 18 Gashyantare, 2026.
Ubusabe bwa Angola bwatangajwe ku wa Gatatu tariki 11 Gashyantare, 2026 na Perezidansi y’icyo gihugu, umutwe wa AFC/M23 na wo ukaba waratangaje ko usanzwe witeguye guhagarika imirwano nubwo ibibera muri Angola wo utabimenyeshyejwe.
Perezidansi ya Angola ivuga ko uriya mwanzuro wagezweho nyuma yo kuganira n’impande zitandukanye zirebwa.
Aka gahenge ko guhagarika imirwano kajyanye n’amasezerano yasinyiwe i Doha muri Qatar tariki 14 Ukwakira, 2025.
Kagamije ko imirwano ihagarikwa, hakabaho uburyo burambye bwo kugenzura ko byubahirizwa, bigakorwa n’urwego rwajyenwe (MONUSCO), ndetse n’ibikorwa byo kukica byabaho hakaboho uburyo bwo kubyigaho.
Ariya masezerano y’i Doha ateganya ko ingabo zitongera koherezwa ku rugamba, guhagarika iyegeranywa ry’ibikoresho by’intambara, kutagerageza igikorwa cyo guhindura ibibera ku kibuga (nko gufata ahandi hantu hashya), guhagarika inkunga ziva hanze ku mitwe yitwaje intwaro, kurinda abasivile no kubahiriza amategeko mpuzamahanga, ikindi ni ugushyira imbere amahoro.
UMUSEKE.RW
