Nyuma yo gutandukana n’abatoza babiri bakomoka muri Tunisie, Ubuyobozi bwa Rayon Sports FC, bwatangaje ko yamaze gutandukana na Mohamed Chelly bari bazavanye muri icyo gihugu.
Muri Nyakanga uyu mwaka, ni bwo Gikundiro yatangaje ko Mohamed Chelly ukomoka Tunisie, yari yayisinyiye amasezerano y’umwaka umwe. Gusa nyuma y’amezi ane gusa, uyu musore ukina mu gice cy’ubusatirizi, yamaze gutandukana na yo.
Chelly agiye yiyongera ku batoza babiri b’abanya- Tunisie, Afhamia Lotfi na Azouz Lotfi bo batandukanye n’ikipe kubera umusaruro nkene bashinjwe.
Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko Mohamed na Azouz, kuri uyu munsi banditse ndetse basinye ku mabaruwa ahamya ko batandukanye na Rayon Sports mu bwumvikane ndetse ntacyo bazayishyuza cyangwa ngo bayirege.




UMUSEKE.RW