Ubuyobozi bwa Police FC, bwatangaje ko iyi kipe yasinyishije abakinnyi bane barimo Nshimirimana Ismaël ‘Pitchou.’
Ni amakuru yatangajwe biciye kuri X y’iyi kipe y’Abashinzwe Umutekano, ku wa Kane, tariki ya 22 Mutarama 2026.
Nyuma y’iminsi bivugwa, Police FC yemeje ko yasinyishije rutahizamu, Rudasingwa Prince wakiniraga AS Kigali na mugenzi we bakinanaga, Isaac Ezeh, myugariro wavuye muri Gasogi United, Udahemuka Jean de Dieu na Nshimirimana Ismaël ‘Pitchou.’
Ingano y’amasezerano basinye nta bwo yatangajwe ariko amakuru avuga ko basinye angana n’umwaka umwe n’igice.
Iyi kipe kandi iherutse gutangaza ko yatandukanye na Eric SSenjobe ndetse bivugwa ko yohereje Henry Musanga mu igeregezwa.
Biravugwa kandi ko ishobora kurekura abarimo Muhizi Fred, Mugisha Didier na Ndizeye Samuel.








UMUSEKE.RW