Perezida wa Israel yakoze uruzinduko rw’amasaha make i Kinshasa

Perezida wa Leta ya Israel, Isaac Herzog yagiriye uruzinduko rw’amasaha make i Kinshasa aganira na Perezida Antoine Felix Tshisekedi.

Urugendo rwe rwabaye kuri uyu wa Kabiri aho yakiriwe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo.

Nyuma yo kugera ku kibuga cy’indege cya Ndjili, abakuru b’ibihugu byombi bafashe ijambo babwira itangazamakuru ibijyanye n’imabinire y’ibihugu byabo.

Tshisekedi yashimiye Herzog gusura Congo nyuma y’imyaka 40 ishize Se w’uyu muyobozi (Chaim Herzog wabaye Perezida wa Israel hagati ya 1983 na 1993) asuye Congo icyo gihe.

Yamubwiye ko amarembo afunguye kandi ko bishimishije kuba yaje muri Congo, ndetse amwibutsa ko mu 2021 Tshisekedi n’umugore we basuye Israel kandi bakirwa neza.

Perezida wa Israel yavuze ko intambara zitari mu Burasirazuba bwo Hagati gusa, ko no muri Africa zihari kandi Abanuafurika ubwabo bakemura ibyo bibazo byabo, akaba yavuze ko Ashima uruhare rwa Perezida Donald Trump mu gukemura amakimbirane ari hagati ya Congo n’u Rwanda.

Israel yashyigikiye kandidatire ya Congo Kinshasa mu Kanama ya UN gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, Congo na yo ishyigikiye leta ya Israel.

Perezida Tshisekedi avuga ko Israel ari inshuti y’igihugu cye, kandi bizahora gutyo.

Israel irashaka gufatanya na Congo mu bijaynye n’ubukungu nko mu buhinzi, kubaka ibikorwa remezo, ikoranabuhanga, gukorana muri politiki, umutekano n’ibindi.

Israel arashaka gukomeza umubano wayo na Congo

UMUSEKE.RW

Share This Article
3 Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *