Perezida Putin yaburiye abashaka kuvogera Uburusiya mu buryo ubwo ari bwo bwose

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Nyakanga 2021 ubwo yari yitabiriye umwiyereko w’amato y’intambara y’iki gihugu yavuze ko biteguye kurasa aho biri ngomba ibisasu ntakumirwa.

Perezida Vladimir Putin yarakajwe n’igikorwa yise icy’ubushotoranyi cyakozwe n’Ubwongereza

Yabivuze nyuma y’uko ubwato bw’intambara bw’Abongereza bunyuze mu mazi iri mu mwigimbakirwa wa Crimea agace Uburusiya bwamaze kwigarurira, bibabaza iki gihugu.

Perezida Putin ari St Petrsburg yagize ati “Dufite ubushobozi bwo gutahura umwanzi haba mu mazi yacu, hejuru yayo, no mu kirere, bibaye ngombwa tukamurasaho nta we udukomye imbere.”

Aya magambo aje nyuma y’uko mu kwezi kwa Kamena 2021, Uburusiya bwatangaje ko bwarashe ibisasu mu nyanja ahari ubwato bw’intambara bw’Ubwongereza mu rwego rwo kubukura mu birindiro bukava mu mazi ya Crimea.

Ibi ariko byaje guterwa utwatsi n’Ubwongereza buvuga ko ibyabaye yari imyitozo yo kurasa kw’ingabo z’Uburisiya.

Uburusiya kuva mu 2014 bwigaruriye amazi y’inyajya y’umukara muri Peninsula ya Crimea, mu gihugu cya Ukraine ariko Ibihugu birimo Ubwongereza bigafata aka gace nk’aka Ukraine n’ubu.

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

 

Yavuze ko ingabo z’Uburusiya zifite ubushobozi bwo kumenya umwanzi aho yanyura hose
Uburusiya ni kimwe mu bihugu bikomeye mu bya gisirikare ku Isi

IVOMO: Reuters

NKURUNZIZA Jean Baptiste                                                                                                                                          UMUSEKE.RW

Share This Article
1 Comment
  • Hitler amaze kubona ko afite intwaro zikomeye cyane kurusha ibindi bihugu,yashoje intambara ya 2 y’isi.Uyu mugabo PUTIN nawe,kubera ibitwaro afite byitwa Hypersonic Missiles bigezweho kurusha izindi ntwaro zose (Amerika ntazo ifite),benshi bavuga ko azateza intambara ya 3 y’isi,ubwo noneho bazarwanisha atomic bombs isi yose igashira.Gusa icyo batazi nuko Imana irimo kubacungira hafi.Ntabwo yakwemera ko batwika isi yiremeye.Ahubwo izabatanga itwike intwaro zose z’intambara,nkuko Zaburi 46,umurongo wa 9 havuga,kandi ikure mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza (harimo n’abarwana) nkuko Imigani 2:21,22 havuga.Ibyo bizaba ku munsi bible yita Armageddon ushobora kuba utari kure,iyo urebye ibintu birimo kubera ku isi biteye ubwoba bitabagaho kera.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *