Perezida Kagame yashimiye Nguesso watsindiye kuyobora Congo

Perezida Kagame na Sasou Nguessou

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye Denis Sassou Nguesso watsinze amatora yo muri Repubulika ya Congo-Brazaville.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Perezida Kagame yashimiye Denis wongeye kugirirwa ikizere cyo kuyobora Congo-Brazzaville, ashima n’umubano uri hagati y’ibihugu byombi.

Ati” U Rwanda rwishimira umubano ushingiye ku bufatanye bukomeye burangwa hagati y’ibihugu byacu, kandi twiteguye gukomeza gukorana bya hafi ku bw’iterambere n’uburumbuke bw’abaturage bacu.”

Denis Sassou Nguesso w’imyaka 82 yatorewe manda ya gatanu yo kuyobora Repubulika ya Congo ku majwi 94.82%.

Nguesso yari ahanganye n’abandi bakandida batandatu, akaba yarakurikiwe na Mabio Mavoungou Zinga w’imyaka 69 wagize amajwi 1,48%.

Uyu mugabo yabaye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo-Brazzaville.

Nguesso yagiye ku butegetsi mu 1979.

Yatakaje ubuyobozi mu 1992 ariko yongera kujya ku butegetsi mu 1997 nyuma y’intambara.

Mu 2015 muri Congo-Brazaville hahinduwe itegeko nshinga, hakurwaho inshuro perezida agomba kuyobora ndetse n’ibijyanye n’imyaka, bituma yemererwa kongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu muri manda eshatu z’imyaka itanu.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *