Operasiyo yo gufata abagabo bakekwaho kwiba arenga miliyoni 6Frw

Nyaruguru: Polisi yasobanuye ibya Operasiyo yo gufata abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni esheshatu (6,000,000Frw).

Abo bagabo batatu bakekwaho kwiba umuturage miliyoni 6 y’u Rwanda bafatwe muri yombi. Operasiyo yo kubafata yabaye mu ijoro ryakeye ryo ku wa 25 Mutarama, 2026.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo CIP Hassan Kamanzi yabwiye UMUSEKE ko abakekwaho iki cyaha bacukuye inzu y’umuturage wo Kagari ka Runyombyi, Umurenge wa Busanze binjira iwe bamwiba amafaranga arenga miliyoni 6Frw.

CIP Hassan avuga ko kugira ngo bamenye ko abo baturage ari bo bacukuye inzu y’umuturage, byavuzwe n’abandi bafatanya muri icyo gikorwa.

Ati: ”Abafashwe basanganywe arenga miliyoni 4,6Frw.” 

Abafashwe bose bafungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Kibeho. CIP Hassan avuga ko Ubugenzacyaha bwatangiye gukora iperereza kuri iki cyaha.

Polisi ishimira abaturage by’umwihariko ku myumvire n’imikoranire bakomeje kuyigaragariza hagamijwe gukumira, no kurwanya ibyaha bagatangira amakuru ku gihe.

Polisi iragira inama abaturage kwirinda kubika amafaranga mu ngo zabo, ahubwo ko bagana ibigo by’imari bikababikira ndetse bagakomeza kwitabira gukoresha ikoranabuhanga, kuko aho hizewe umutekano w’amafaranga yabo.

Polisi kandi iraburira abafite iyo myitwarire mibi yo guhungabanya umutekano w’abaturage kuyireka, kubera ko kwiba atari umwuga ahubwo ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Abagabo batatu bakekwaho kwiba miliyoni 6Frw batawe muri yombi

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW

Share This Article
2 Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *