Mu rugo rwa URIMUBENSHI w’imyaka 62 y’amavuko (umuvuzi gakondo utagira ibyangombwa bimwemerera gukora ubuvuzi) hapfiriye umukecuru w’itwa NYIRABAJYAMBERE Marthe w’imyaka 65 y’amavuko, akaba yari yaje aje kwivuza.

Ni mu mudugudu wa Karambi, mu kagari ka Nyarusange mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Nyarusange, Harerimana Oscar yabwiye UMUSEKE ko hatangiye iperereza.
Ati “RIB yatangiye iperereza ntiharamenyekana icyo uwo mukecuru yazize, gusa abaturage batubwira ko yari yaje kwaka umuti ngo bamuvure.”
Umuryango w’uriya wiyita umuvuzi uvuga ko yari ahamaze umunsi umwe, naho abaturanyi be bavuga ko nyakwigendera yari ahamaze icyumweru.
Uwapfuye akomoka mu mudugudu wa Nyaruvumu mu kagari ka Kabirizi Umurenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza.
Umurambo wajyanwe mu bitaro bya Nyanza, naho uriya wiyita umuvuzi gakondo RIB yamutaye muri yombi ngo agire ibyo abazwa.
Ubuyobozi bwo muri kariya gace busaba abaturage gukora ibyemewe n’amategeko, bunasaba abaturage gutangira amakuru ku gihe.
Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza
Ariko Nyanza rero, ese iby’abavuzi gakondo babika abantu ndetse bakababuza kujya kwa muganga no kwishyura mutuelle, ibyo nabyo bizacecekwe, abo ni abamenyekanye…. gusa mubyigeho ba nyakubahwa bayobozi ngo mwanga kugwa mu marozi yabo, abayaguyemo bazize ubusa cg bazize ukuri cg nimwe mwaboherezagayo ngo ni ibihazi. Nimwe mwabiciririye namwe muzibeshye mujyeyo imbehe yanyu yubame. Muhere Busoro kwa Gisimba, …Kwa Nyiranaka Cyabakamyi we munamufasha mubo mu kiciro cya mbere nyamara iwe ni mu bipangu na za Canal+ abarwayi bareba daaaa! Ngo muzamukoraho reka nisekere,