Niyo David yerekeje i Burayi

Umukinnyi wakiniraga Kiyovu Sports nk’intizanyo y’Intare FC, Niyo David ukina hagati mu kibuga, yerekeje ku Mugabane w’i Burayi mu gihugu cya Ukraine aho agiye mu igeragezwa mu kipe yitwa NK Veres Rivne yo muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri icyo gihugu.

Amakuru y’uko Niyo yerekeje i Burayi, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026. Uyu musore araca mu gihugu cya Turquie ahite akomereza muri Ukraine.

Mu gihe uyu mukinnyi yatsinda igeragezwa, yahita asinya amasezerano. Niyo w’imyaka 18, asize atsindiye Urucaca ibitego bitatu mu mikino ibanza ya Shampiyona.

Uyu musore watijwe Urucaca mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona y’umwaka ushize, ni umwe mu bayifashije cyane kuguma mu Cyiciro cya mbere, ndetse ni umwe mu bato batanga icyizere.

NK Veres Rivne agiye gukoramo igeregezwa, iri ku mwanya wa 11 muri Shampiyona ya Ukraine.

Niyo David yagiye afasha Kiyovu Sports mu bihe bitandukanye
Ni umusore wabanzagamo muri Kiyovu Sports
Yagiye aba umukinnyi mwiza w’umukino ku mikino itandukanye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *