Ubuyobozi bwa Musanze FC, bwemeje ko bwamaze kumvikana na El-Merrikh Bentiu yo muri Sudani y’Epfo ku igurishwa rya rutahizamu, Hussein Shaban ‘Tshabalala’.
Ni amakuru yatangajwe biciye kuri X ya Musanze FC, aho iyi kipe yavuze ko ubwumvikane bw’impande zombi bwamaze kurangira. Bivugwa ko Hussein yatanzweho Miliyoni 20 Frw.
Muri aya mafaranga yatanzweho, Tchabalala bivugwa ko yafashemo 9,000,000 Frw mu gihe Musanze FC yafashe Miliyoni 11 Frw, cyane ko yari asigaranye amezi atandatu ku masezerano y’umwaka umwe yari yasinye.
Mbere yo kwerekeza muri El-Merrikh Bentiu, Hussein Shaban yatsinze ibitego birindwi mu mikino ibanza ya Shampiyona yakiniye iyi kipe iterwa inkunga n’Akarere ka Musanze. Uyu rutahizamu ukomoka i Burundi, asanzeyo Ishimwe Saleh uherutse kuhasinya amasezerano y’unwaka umwe.
Kugeza ubu imibare ivuga ko Tshabalala amaze gutsinda ibitego 96 kuva yagera muri Shampiyona y’u Rwanda mu 2016 ubwo yatangiraga gukina mu Amagaju FC yo mu Majyepfo.




UMUSEKE.RW