Kirehe VC yavutse bushya! Shampiyona ya Volleyball yahumuye

Imwe mu makipe yari akumbuwe mu isura nshya n’abakunzi b’umukino wa Volleyball mu Rwanda, ni Kirehe VC yiyujurije inzu izakiriramo imikino ya yo muri shampiyona y’Icyiciro cya mbere izatangira mu mpera z’iki Cyumweru.

Shampiyona ya Volleyball y’Icyiciro cya mbere mu Bagabo n’Abagore 2025, biteganyijwe ko izatangira ku wa Gatanu, tariki ya 17 Ukwakira 2025. Ni shampiyona ihanzwe amaso na benshi mu bakunzi b’uyu mukino bitewe n’uko amakipe yiyubatse.

Mu bagabo hazitabira amakipe icyenda arimo REG VC, Police VC, APR VC, Kepler VC, Gisagara VC, RP-Ngoma VC, East Africa University Rwanda VC, Kigali Volleyball Club na Kirehe VC.

Mu bagore, amakipe arindwi ni yo azakina shampiyona y’uyu mwaka. Harimo APR WVC, Police WVC, Kepler WVC, RP-Huye WVC, Ruhango WVC, RRA WVC na East Africa University Rwanda WVC.

Inkuru yishimiwe na benshi mu bakunzi b’uyu mukino, ni uko Akarere ka Kirehe kujuje inyubako [Gymnase] yubatswe kuri miliyari 2.70 Frw. Izaberamo imwe mu mikino ya yo ya shampiyona y’uyu mwaka. Ni inyubako izajya yakira abantu 1200 bicaye neza.

Kugira ngo haboneke ikipe izegukana igikombe, hazakinwa imikino itanu ya kamarampaka [Playoffs], maze ikipe yitwaye neza muri iyo mikino abe ari yo yegukana igikombe nk’uko bisanzwe bigenda.

Amakipe yariyubatse bihagije!

Mbere y’uko iyi shampiyona itangira, amakipe yagiye yiyubaka bitewe n’aho yari afite intege nke mu mwaka ushize w’imikino. Zimwe mu zihanzwe amaso uyu mwaka bitewe n’uko yiyubatse, harimo APR VC yaguze Mutabazi Yves imukuye muri Kepler VC, REG VC VC yaguze Ntateteri Crispin mu gihe, Melly Brian we ari umukinnyi wa Polive VC.

Hari kandi Gisagara VC yongeye gukanguka ikagarura abarimo Muvara Ronald ndetse ikanagura Gatsinzi Venutse yakuye muri APR VC. Mu bagore kandi na ho, humvikanye guhindura amakipe ku bakinnyi bamwe.

N’ubwo Kepler VC yatakaje Mutabazi, nta bwo yicaye ubusa kuko yibitseho umunya-Algérie, Mohamed Radi uzwiho gutera imipira [service] ikomeye kandi yihura cyane.

REG VC, na yo ntiyicaye ubusa. Yaguze abarimo umunya-Kenya wabaye umukinnyi mwiza mu mwaka ushize w’imikino iwabo, Nicholas Matui na Gisubizo Merci wavuye muri APR VC.

Uretse kandi amakipe y’abagabo yagerageje kwiyubaka, no mu y’abagore ni uko ndetse shampiyona y’uyu mwaka izaba irimo guhangana gutandukanye n’umwaka ushize.

Police WVC isanzwe ikomeye mu cyiciro cy’abagore, yongeyemo Dusabe Flavia wavuye muri RRA WVC.

Umutoza mukuru wa APR WVC, Peter Kamasa, avuga ko shampiyona y’abagore yajemo ihangana ukurikije uko yari imeze mbere. Ibi abishingira ku kuba ubu kubona ikipe itsinda indi amaseti 3-0 biba bigoye. Ibi bikagaragaza ko hari aho yavuye n’aho igeze heza.

Imikino izafungura shampiyona y’uyu mwaka w’imikino 2024/2025, izabimburirwa n’uzahuza Kepler WVC ma APR WVC Saa Kumi n’Ebyiri z’Umugoroba mu gihe mu Bagabo hazakina REG VC na Kepler VC Saa Mbiri z’ijoro. Imikino yose izabera muri Petit Stade.

APR WVC iri mu zihanzwe amaso
Kepler VC na WVC zihanzwe amaso
Gisagara VC iri guhonda agatoki ku kandi
Umunya-Algérie, Mohamed Radi azaba ari mu mwambaro wa Kepler VC
Umunya-Kenya, Nicholas Matui ari mu mwambaro wa REG VC
Shampiyona y’abagore yazamuye urwego

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *