Umutoza mukuru wa Gorilla FC, Kirasa Alain, yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, kugurira abasifuzi ibyuma by’ikoranabuhanga.
Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, habaye imikino ibiri y’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’u Rwanda, yombi yabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
APR FC yari yakiriye Gorilla FC, yabonye intsinzi y’ibitego 2-1 byombi byatsinzwe na William Togui ku munota wa 46 n’uwa 90+4.
Ikipe itozwa na Kirasa Alain, yari yatsindiwe na rutahizamu ukomoka muri Mali, Khalifa Traoré.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Kirasa yasabye FERWAFA ko yagurira abasifuzi ibyuma by’Ikoranabuhanga kugira ngo babashe kujyana n’igihe kandi banoze inshinganon zabo mu mwuga bakora.
Ibi yabivuze nyuma y’uko avuga ko igitego cya kabiri ikipe ye yatsinzwe, yagitsinzwe ku munota wa gatandatu kandi hari hongeweho ine gusa.
Uyu mutoza yavuze ko umusifuzi wa mbere wo ku ruhande, Habumugisha Emmanuel n’uwa kane, Irafasha Emmanuel ‘King’, babwiye Hakizimana Osai wasifuye umukino hagati mu kibuga, ko umukino warangiye ariko ntabashe kubumva bigatuma ikipe ye itsindwa igitego.
Nyuma y’iyi ntsinzi, kipe y’Ingabo yahise yuzuza amanota 42 ingana na Al-Hilal SC bituma ifata umwanya wa kabiri.


UMUSEKE.RW
