Mbere yo kuza mu Rwanda gukina irushanwa rya FIFA Series 2026 riteganyijwe gukinwa mu mpera z’uku kwezi, ikipe y’Igihugu ya Kenya [Harambe Stars], yatangiye urugendo rwo gushaka abakinnyib bakomoka muri iki gihugu batuye ku Mugabane w’i Burayi.
Ku wa Gatatu, tariki ya 11 Werurwe 2026, ni bwo umutoza mukuru wa Harambe Stars, Benni McCarthy yageze mu Mujyi wa Londres mu Bwongereza ndetse ahura na McDonald Mariga uri mu banyabigwi ba Kenya.
Mu 2010, Mariga yatwaranye igikombe cya UEFA Champions League na Inter Milan yo mu Butaliyani. Uyu munyabigwi ni we uzafatanya n’umutoza gushaka abakinnyi bashya bazazanwa muri Harambe Stars.
Byitezwe ko abakinnyi bashya bazazanwa mu kipe y’Igihugu ya Kenya, bazifashishwa mu irushanwa rya FIFA Series 2026 rizabera i Kigali guhera tariki ya 26-30 Werurwe 2026. Aba bazifashishwa kandi mu gukina Igikombe cya Afurika 2027 kizabera muri Kenya, Uganda na Tanzania.
Abakinnyi bakomoka muri Kenya bagiye kuganirizwa, barimo Zack Vyner wa Wrexham FC, Zech Obiero wa Tranmere Rovers.
Hari kandi Eliot Matazo wa Hull City, Collins Sichenje wa Charlton Athletic, Tyler Onyango wa Stockport Country na Clarke Oduor wa Grimsby Town.
Mu irushanwa FIFA Series, Kenya iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda, Estonie na Grenada. Izatangira irushanwa ikina na Estonie tariki ya 27 Werurwe 2026 Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba kuri Stade Amahoro.
Itsinda rindi muri iri rushanwa rizakinirwa mu Rwanda, ririmo Aruba, Macau, Tanzania na Liechstenstein. Kureba iyi mikino ni 2000 Frw ahasigaye hose muri iyi mikino izabera kuri Kigali Pelé Stadium no kuri Stade Amahoro mu itsinda u Rwanda rurimo. Kugura itike bisaba guca kuri *939*3*2#.



UMUSEKE.RW
