Kenya: Imyuzure yahitanye benshi

Imvura nyinshi ikomeje kugwa muri Kenya imyuzure yateje imaze guhitana abantu 66 mu gihe abandi barenga 2000 bavuye mu byabo.

Iyi mvura yatangiye kugwa mu matariki ya 7 Werurwe 2026, yibasira cyane Umurwa Mukuru Nairobi.

Ku ikubitiro inzego z’ubuyobozi zari zatangaje ko hapfuye abantu 33.

Imibare yatangajwe mu mpera z’icyumweru yagaragaje ko inzego z’ubutabazi zabonye abandi bantu bashya bitabye Imana, abenshi bakaba bari baragwiriwe n’inzu ndetse abandi imivu ibatwara mu migezi, bituma abapfuye baba 66.

Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu ivuga ko kandi abandi bantu barenga 2000 bavuye mu byabo kuko inzu zabo zarengewe n’amazi.

Perezida William Ruto avuga ko bakomeje ibikorwa by’ubutabazi no guha icumbi n’amafunguro abagizweho ingaruka n’iyo mvura.

Si muri Kenya gusa, imvura yashegeshe dore ko no muri Ethiopia hamaze gupfa abantu barenga 100 bishwe n’inkangu n’imyuzure yaturutse ku mvura nyinshi imaze igihe ihagwa.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *