Israel yongeye kugaba ibitero muri Gaza

Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu majyepfo ya Gaza, gishinja Hamas kugaba ibitero mu cyiswe ihonyora rishingiye ku kwica amasezerano y’agahenge.

Israel yagabye ibitero i Rafah nyuma y’amasaha make Amerika itangaje ko ifite amakuru yizewe ko Hamas iri gutegura igitero ku basivile muri Gaza.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yavuze ko icyo gitero giteganyijwe ku Banye-Palestine cyabangamira intambwe ikomeye yatewe mu bikorwa by’ubuhuza.

Gusa, Hamas yahakanye ko hari igitero cyegereje igiteganya kugaba, inashinja Israel gufasha imitwe yitwaje intwaro irwanya Hamas muri Gaza.

Israel yo yatangaje ko Hamas yagabye ibitero byinshi ku ngabo zayo irenze umurongo w’umuhondo.

Ivuga ko ako ari agace ingabo za Israel zasubiye inyuma zikavamo bijyanye n’icyiciro cya mbere cy’amasezerano yagizwemo uruhare n’Amerika.

Hamas yavuze ko yiyemeje kubahiriza agahenge ndetse ishinja Israel kukarengaho inshuro nyinshi no guhimba inzitwazo zo guha ishingiro ibyaha byayo.

Ayo masezerano ari mu mugambi wa Perezida w’Amerika, Donald Trump, wo kurangiza intambara imaze imyaka ibiri muri Gaza, yatangiye kubahirizwa ku wa 10 Ukwakira.

Mu cyiciro cya mbere cy’agahenge, abashimuswe bose bakiri bazima bararekuwe, hamwe n’abantu 12 muri 28 bapfuye.

Israel yarekuye imfungwa 250 z’Abanye-Palestine zari zifungiye mu magereza yayo ndetse irekura imfungwa 1,718 muri Gaza.

Yasubije kandi imirambo 15 y’Abanye-Palestine nk’ingurane kuri buri bisigazwa by’Umunya-Israel washimuswe wapfuye.

Minisiteri y’Ubuzima iyoborwa na Hamas ivuga ko nibura abantu 68.000 bamaze kwicirwa mu bitero bya Israel muri Gaza.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
1 Comment
  • I’ve been exploring for a bit for any high quality articles or blog posts on this kind of area . Exploring in Yahoo I at last stumbled upon this website. Reading this info So i am happy to convey that I’ve a very good uncanny feeling I discovered just what I needed. I most certainly will make certain to do not forget this site and give it a look on a constant basis.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *