Israel irashijwa kwica abanyamakuru n’abaturage muri Gaza

Igisirikare cya Israel cyashinjijwe kwica abanyamakuru batatu n’abaturage umunani mu gitero cyagabwe rwagati mu Ntara ya Gaza muri Palestine.

Imiryango iharanira kurinda abanyamakuru irimo Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka yavuze ko abanyamakuru batatu barimo Mohammed Salah Qashta, Anas Ghneim na Abdul Raouf Shaat bishwe barimo barafata amashusho y’uko Umuryango w’ubutabazi w’Abanya-Misiri watangaga ubufasha ku baturage bo muri Gaza.

Igisirikare cya Israel cyo cyavuze ko ” Cyarashe ku bakoreshaga ‘drone’ bafasha Hamas mu buryo bwakururira ibyago abasirikare bacu.”

Abandi baturage umunani nabo bishwe barashwe na Israel rwagati muri Gaza mu bitero byo ku wa Gatatu tariki ya 21 Mutarama 2026, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza ibibwira Ibiro Ntaramakuru Reuters.

Igisirikare cya Israel cyasubije kivuga ko kishe ibyihebe byarenze umurongo w’umuhondo (uyu ugaragaza imbibi z’ibice bigenzurwa n’abasirikare ba Israel muri Gaza, ndetse n’ibice abandi batemerewe kugeramo mu bigenzurwa na Israel).

Inzego z’ubuzima zivuga ko abantu barenga 460 bamaze gupfa muri Gaza nyuma y’uko Israel na Hamas basinye amasezerano yo guhagarika imirwano kuva mu Kwakira 2025.

Igisirikare cya Israel nacyo kikavuga ko abasirikare bacyo batatu bishwe n’imitwe yitwara gisirikare y’abanya-Palestine kuva icyo gihe.

Imirwano yeruye yarahagaze hagati y’abarwanyi ba Hamas na Israel, imaze kugwamo abarenga ibihumbi 71.

Kuva tariki ya 7 Ukwakira 2023, rwari rwarambikanye ubwo Israel yatangizaga ibikorwa bya gisirikare muri Gaza mu rwego rwo kwihorera no gutanga isomo kuri Hamas yari yagabye igitero imbere muri Israel, hagapfa abarenga 1200 abandi barenga 250 bagashimutwa.

Nyuma ku buhuza bwa Leta zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu byinshi, impande zombi zasinye amasezerano yo guhagarika imirwano, agahenge karagaruka muri Gaza, impande zombi zihererekanya imfungwa n’imirambo.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *