Ishimwe Cédric ugize RDB FC igihangange ni mu ntu ki?

Umutoza w’abato muri Police FC, Ishimwe Cédric, yongeye guhesha ishema ikipe y’umupira w’amaguru y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, muri Shampiyona ihuza ibigo by’abakozi ba Leta bifite abakozi bari munsi y’100 [Catégorie B].

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, RDB FC yongeye kugera ku mukino wa nyuma usoza Shampiyona y’Abakozi mu cyiciro cy’ibigo bya Leta bifite abakozi bari munsi y’100 [Catégorie B].

Iyi kipe itozwa na Ishimwe Cédric wungirijwe na Hatungimana Désire, ni imwe mu zimaze kugira igitinyiro muri Shampiyona y’Abakozi nyuma y’uko kuva uyu mwaka w’imikino watangira, nta mukino n’umwe iratsindwa.

Biteganyijwe ko ku mukino wa nyuma, RDB FC izahura na RAC FC ku wa Gatanu, tariki ya 13 Gashyantare 2026.

Ishimwe Cédric uyitoza, ni muntu ki?

Ni umutoza w’imyaka 30 utoza ingimbi zitarengeje imyaka 20 za Police FC. Mu 2020, ni bwo Ishimwe yatangiye umwuga wo gutoza.

Yakinnye umupira w’amaguru!

Cédric mbere yo kujya mu mwuga wo gutoza, yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda. Aya arimo La Jeunesse FC, Gasabo FC, Rugende FTC [Addax SC]. Yaciye kandi mu makipe y’abato ya Etincelles FC ndetse yanahamagawe mu kipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 17, asoreza muri Interforce FC yanahise imuha akazi.

Si mushya mu mwuga w’ubutoza!

Ubwo yinjiraga mu mwuga wo gutoza, yatangiriye mu Irerero rya ‘Shinning FA’ ya Nkotanyi Ildephonse, ahava akomereza mu ishuri rya Green Hills.

Mu 2022, Ishimwe yahawe icyizere cyo gutoza ikipe ya Gisirikare yitwa Mechanized ndetse ayigeza muri ½ mu marushanwa ahuza Ibigo bya Gisirikare.

Mu 2023, ni bwo yahise ahabwa akazi muri Interforce FC nk’umutoza wongerera imbaraga abakinnyi.

Ni umutoza uri kuzamuka neza!

Nyuma yo kwinjira muri uyu mwuga, Cédric nta bwo yashyize amaboko mu mufuka ahubwo yakomeje kwiga.

Afite licence D itangwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, afite C-CAF, afite kandi licence y’abatoza bongerera imbaraga abakinnyi [Fitness coaching course certificate] ndetse ni umwe mu bahawe amahugurwa mu Irerero rya Bayern Munich riri i Kigali.

Ishimwe Cédric asanzwe atoza mu kipe y’abato ya Police FC
Ni umutoza uhora ashaka kunguka ubumenyi
Aherutse gukorera impamyabushobozi [Certificate] y’abatoza bongerera imbaraga abakinnyi
Afatanya na Hatungimana Désire muri RDB FC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *