IRAN yashyize hasi drone ihenze cyane ya America

Imwe muri drone zo mu bwoko bwa American MQ-9 Reaper Drones

Igisirikare giharanira impinduramatwara muri Iran, cyatangaje ko cyahanuye drone y’intambara y’igisirikare cya Leta zunze Ubumwe za America.

Ni drone yo mu bwoko bwa American MQ-9 Reaper Drones, imwe igura agera kuri miliyoni 30 z’amadolari ya America, ikaba yahanuriwe mu Ntara ya Bushehr mu Majyepfo ya Iran.

Scott Ritter wandika amakuru ku ntambara yo muri Iran, yemeza ko iyi ari drone ya 11 yo muri buriya bwoko bwa MQ-9 Reaper ihanuriwe muri Iran.

Bivuze ko leta zunze Ubumwe za America zimaze guhomba arenga miliyoni 330 z’amadolari kuri drone zonyine zahanuwe na Iran.

Uyu Scott Ritter wabaye mu ngabo za America yemeza ko iki gihugu ku munsi gikoresha agera kuri miliyari 2 z’amadolari mu ntambara kirimo muri Iran.

Amakuru avuga ko Israel yaba irimo ishaka uburyo ihagarika iyi ntambara bitewe n’uburemere yafashe, n’ingaruka yagize ku bukungu bw’isi.

Washington Post, Ikinyamakuru gikomeye muri America kivuga ko guharara kw’intambara ya Iran biri mu maboko ya Perezida Donald Trump, kuruta uko byaturuka kuri Israel.

Abayobozi ba Israel ariko na bo batangiye kwibaza niba biri ngombwa kurwana kugera bahiritse ubutegetsi bwa Iran.

Umwe mu bayobozi bavuganye na kiriya gitangazamakuru wo muri Israel yagize ati “Ntabwo numva neza ko ari inyungu zacu kurwana kugera dukuyeho ubutegetsi.”

Hari amakuru avuga ko kubera ibitero bya IRAN mu bihugu America ifitemo ingabo, iki gihugu cyaba kirimo kwimura ingabo zacyo zari mu bigo bya gisirikare muri Qatar, Bahrain, Kuwait, Iraq, Jordan, the United Arab Emirates, UAE, Syria, n’ahandi.

Uretse drone n’indege za America zanutse muri iyi ntambara, America imaze gupfusha abasirikare 8 kuva intambara itangiye.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *