Intumwa z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) zagiranye ibiganiro na AFC/M23 nyuma y’igitero cya ‘drones’ cyahitanye abantu batatu, barimo umukozi w’uwo muryango.
Izo ntumwa zari ziyobowe n’Umuyobozi w’Ishami rya UNICEF rishinzwe Akarere k’Afurika y’Iburengerazuba n’iyo Hagati, Gilles Fagninou.
Mu mujyi wa Goma, zakiriwe na Corneille Nangaa, umuhuzabikorwa wa AFC/M23, n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23 ushinzwe ibijyanye n’amategeko, politiki na dipolomasi, Bertrand Bisimwa.
AFC/M23 yashinje ihuriro rya Leta ya Congo kuba ryarateguye icyo gitero mu buryo bunyuranyije n’agahenge kari kemejwe umwaka ushize.
Gilles Fagninou yageze mu murwa mukuru wa Kivu ya Ruguru avuye i Kinshasa aho yahuye n’abayobozi bakuru ba Leta ya RD Congo.
AFC/M23 yatangaje ko urwo ruzinduko rwari rugamije “gusuzuma uko ubuzima bw’abaturage buhagaze mu bice byabohowe kandi biyobowe na AFC/M23.”
Iri huriro ryongeyeho ko uru ruzinduko rwabaye nyuma y’urupfu rw’umufaransakazi Karine Buisset rwashenguye UNICEF n’abaharanira amahoro.
Yashinje ihuriro rya Leta gukora ubwicanyi ku basivili no kugaba ibitero by’indege buhumyi mu bice bituwe cyane.
Iti: “AFC/M23 yongeye gushimangira ubushake bwayo bwo gukorana n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga kugira ngo habeho umwuka worohereza ibikorwa by’ubutabazi.”
Yongeyeho ko intumwa za UNICEF zabonye ko hari imbaraga zishyirwa mu kurinda abasivili, by’umwihariko abana n’abagore.

Umurwa mukuru wa Kivu ya Ruguru ukomeje kwakira abashyitsi
Kuva ku wa Mbere tariki 16 Werurwe, 2026 Umuhuzabikorwa w’Umuryango Mpuzamahanga akaba ashinzwe n’Ubutabazi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Bruno Lemarquis, na we yabonanye n’abayobozi ba AFC/M23 anabasaba korohereza abatabazi mu gace bagenzura.
Ibiganiro byabo byibanze ku butabazi bwihutirwa nk’uko Radio Okapi ibitangaza.
Hari i Goma, Bruno Lemarquis, yabonanye na Corneille Nangaa.
Bruno Lemarquis, yagize ati “Twaganiriye ku bantu bari mu byiciro bibabaye cyane mu burasirazuba bwa Congo, n’uburyo abakora mu rwego rw’ubutabazi bakorana n’inzego z’ibanze.”
Yasabye ko abakeneye inkunga habaho koroshya ko ibageraho vuba, bakaba barimo abamaze igihe baravuye mu byabo kubera intambara, n’abahunze vuba ubwo imirwano yuburaga mu bice bitandukanye.
Bruno Lemarquis yanasuye ibice bitandukanye birimo Sake, na Teritwari ya Nyiragongo.


NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
