Ingabo zoherejwe muri Jamaica zatangiye imirimo yo gusana ibyangijwe n’ibiza

Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bafatanyije n’abo mu Ngabo za Jamaica (JDF), batangiye ku mugaragaro imirimo ihuriweho, yo gusana no kongera kubaka ibyangijwe n’ibiza mu mujyi wa Montego Bay, mu Ntara ya St James.

Iyi mirimo yatangijwe no gusana no kongera kubaka inzu z’abaturage bagizweho ingaruka n’inkubi y’umuyaga Hurricane Melissa, bikaba ari intangiriro y’ibikorwa by’ubutabazi bigenewe imiryango yibasiwe n’iki kiza.

Urubuga rw’Ingabo z’u Rwanda, ruvuga ko ubu bufatanye bugaragaza imikoranire myiza iri hagati y’ingabo z’ibihugu byombi, mu gushyigikira gahunda za Leta ya Jamaica zo kwiyubaka no guhangana n’ingaruka z’ibiza.

Bifashishije ubumenyi mu by’ubwubatsi, Ingabo  za RDF na JDF bari gusana inzu zangiritse, hagamijwe guteza imbere imibereho myiza y’imiryango yagizweho ingaruka n’iyo nkubi y’umuyaga.

https://umuseke.rw/2026/01/ingabo-zu-rwanda-zagiye-gusana-jamaica/

Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa by’ubutabazi muri Jamaica, Colonel Moses Kayigamba, yavuze ko inshingano izi Ngabo zifite zirenze gusa gusana ibikorwa remezo, kuko inagaragaza agaciro k’ubufatanye n’ubumwe n’abaturage ba Jamaica, no gutanga umusanzu mu kongera ubushobozi bwo guhangana n’ibiza mu gihe kirambye.

Yemeje ko imirimo yo gusana no kongera kubaka ibikorwa remezo iri gukorwa ku bufatanye n’inzego z’ibanze za Jamaica ndetse n’Ingabo z’iki gihugu, hagamijwe ko inkunga itangwa ihuzwa n’ibyihutirwa ndetse na gahunda y’igihugu cya Jamaica yo guhangana n’ingaruka zatewe n’inkubi y’umuyaga wa Hurricane Melissa.

Kohereza Itsinda ry’abasirikare bafite ubuhanga mu by’ubwubatsi muri Jamaica bigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu gushyigikira ubumwe, ubufatanye n’ibikorwa by’ubutabazi ku rwego mpuzamahanga, mu guhangana n’ibiza n’ingaruka zabyo bikomeje guhungabanya ubuzima bw’abantu.

Icyiza cy’umuyaga uzasanzwe wiswe Hurricane Melissa kibasiye Jamaica mu mpera z’ukwezi k’Ukwakira 2025, gisiga cyishe abantu 45 abandi 15 baburiwe irengero.

Muri rusange iki cyiza cyagize ingaruka ku baturage miliyoni 1,6 muri Jamaica.

Abasirikare b’ibihugu byombi mu mirimo yo kubaka Jamaica

IVOMO: MoD Website

UMUSEKE.RW

Share This Article
1 Comment
  • Iyo bangana namabati se kombona bari gushyiraho ayaboze!!!
    Igirikari kinkotanyi ariko ubanza bitandukanye nikindi ku isi kbsa!!
    Abasirikari bigihugu gusana mazu cg gukora ubuyedi nubufundi Mulinda gihugu ubanza ntakindi kirakora akokazi ku isi!!

    Bravo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *