Imirwano yakomeje kubica muri Kivu y’Epfo

Imbunda nini n’into zakomeje kurira muri Kivu y’Amajyepfo, imirwano ikomeye irabera muri Kamanyola ariko amakuru yandi avuga ko Wazalendo bateye mu majyaruguru y’Umujyi wa Bukavu, muri Teritwari ya Kabare.

Ni ku munsi wa gatatu ingabo za leta ya Congo FARDC, Wazalendo n’ingabo z’u Burundi zihanganye na AFC/M23.

Amashusho atandukanye arerekana ko abasivile bakomeje kugorerwa muri iyo mirwano, hari abo amabombe ava impande zitandukanye yishe, abandi bafashwe n’amasasu barimo n’abanyeshuri bari kwiga.

Kuri uyu wa Kane tariki 04 /12/2025 bamwe muri Wazaendo bateye muri Teritwari ya Kabare ahitwa Mudaka, muri Km 20 mu Majyaruguru y’Umujyi wa Bukavu.

Amasasu menshi yumvikanye mu gace ka Kaziba muri Teritwari ya Walungu.

Radio Maendeleo ikorera i Bukavu, ivuga ko imirwano yatangiye mu masaha ya kare mu gitondo, abaturage bakaba bagumye mu ngo zabo.

Umwe mu banyamakuru bari ahabera imirwano, yabwiye UMUSEKE ko n’ubundi muri Kamanyola imirwano imeze nabi.

Kuri uyu wa Kane i Washington DC hategerejwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati ya Congo n’u Rwanda, gusa ku kibuga cy’imirwano AFC/M23 yavuze ko iby’i Washington bitayireba itegereje ibizava mu biganiro igirana na leta ya Congo, i Doha muri Qatar.

Imirwano irakoreshwamo imbunda nini n’intoya

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *