Iminsi irabarirwa ku ntoki Ngendahayo agataramira muri BK Arena

Nyuma y’imyaka isaga 17 adakorera igitaramo mu Rwanda, Richard Nick Ngendahayo, umuramyi wubatse izina mu muziki wo kuramya Imana, yateguje ibyishimo no kubohorwa mu gitaramo agiye gukorera muri BK Arena.

Ngendahayo azataramira muri BK Arena ku wa 29 Ugushyingo 2025, mu gitaramo cyitezweho kuba imwe mu mpinduka y’isura y’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

Yabwiye itangazamakuru ko Album ‘Niwe’, yitiriwe igitaramo cye, yayiherewe mu ndege, kuri we ni igisobanuro cy’urugendo rwe rw’imyaka 17 mu muziki wo kuramya.

Richard Nick yavuze ko iyi Album yakoze ku mitima y’abantu barenga miliyoni nyinshi, ibintu yemeza ko atigeze atekereza mbere.

Yashimangiye ko iki gitaramo cye muri BK Arena kitazaba icyo kumurika Album nshya, ahubwo kizaba umuhango wo gusoza paji ya ‘Niwe’ no gutangira indi nshya.

Yongeyeho ko iki gitaramo kizakurikirwa uruhererekane rw’ibindi azakorera mu bihugu birimo Amerika, Canada, Australia, i Burayi no mu bindi bihugu bya Afurika byamutumiye.

Ati “Bizaba ari ibihe byo gufunga paji ku byo Imana yakoze kuri Album ‘Niwe’, hanyuma dufungure imiryango mishya ku ya nyuma iri gutegurwa.”

Ngendahayo yavuze ko abazitabira igitaramo bazumva indirimbo zose zo kuri Album mu mwimerere yakorewemo, ndetse n’izindi nshya yashyize hanze.

Umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba, Tracy Agasaro, yavuze ko yakozwe ku mutima no kugirirwa icyizere cyo kuba ari we uzayobora igitaramo cy’umuramyi Richard Nick Ngendahayo.

Iki gitaramo kiri gutegurwa na The Fill Gap Ltd, ari na yo yatumiye Ngendahayo mu Rwanda. Amatike y’iki gitaramo yamaze kujya ku isoko, aho aboneka binyuze ku rubuga www.ticqet.rw

Indirimbo za Richard Nick Ngendahayo zanditse amateka kuva 2005 zirimo Yambaye icyubahiro, Ni we, Wemere ngushime, Mbwira ibyo ushaka, Gusimba Umwonga, Si umuhemu, Cyubahiro n’izindi.

Abaramyi Rene Patrick n’umugore we Tracy Agasaro bazafatanya mu kuyobora igitaramo
Ngendahayo agiye kongera gutaramira mu Rwanda
Natasha Haguma washinze Fill The Gap yatumiye Richard Nick Ngendahayo yatangaje ko imyiteguro y’iki gitaramo igeze kure

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
4 Comments
  • Chính thức “chào sân” vào năm 2012, nổ hũ 66b là một nhánh nhỏ trực thuộc sự quản lý của CURACAO Gaming, cơ quan giám sát cờ bạc hàng đầu Châu Á. Ngay từ thời điểm ra mắt, nhà cái chúng tôi đã có trụ sở chính thức tại hai trung tâm cờ bạc lớn nhất Philippines là Manila và Costa Rica.

  • Chính thức “chào sân” vào năm 2012, nổ hũ 66b là một nhánh nhỏ trực thuộc sự quản lý của CURACAO Gaming, cơ quan giám sát cờ bạc hàng đầu Châu Á. Ngay từ thời điểm ra mắt, nhà cái chúng tôi đã có trụ sở chính thức tại hai trung tâm cờ bạc lớn nhất Philippines là Manila và Costa Rica.

  • Bạn có bao giờ thắc mắc về khả năng ứng dụng công nghệ blockchain để tăng cường tính minh bạch cho các thuật toán RNG? Đây chính là hướng phát triển game bài 66b đang nghiên cứu để nâng cao trải nghiệm người dùng trong tương lai.

  • Bạn có bao giờ thắc mắc về khả năng ứng dụng công nghệ blockchain để tăng cường tính minh bạch cho các thuật toán RNG? Đây chính là hướng phát triển game bài 66b đang nghiên cứu để nâng cao trải nghiệm người dùng trong tương lai.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *