Igisirikare cya leta ya Congo, FARDC cyemeje ko cyahanuye utudege tubiri tutagira abapilote twa AFC/M23.
Utu tudege tubiri twiriwe tuduhira hejuru y’ingabo za Congo mu misozi miremire yo mu Minembwe.
Igisirikare cya Congo kivuga ko cyarashe kandi bigenda neza drones 2 “kivuga ko ari iz’ingabo z’u Rwanda” n’abafatanya na zo.
Izi drones zahanuriwe ahitwa mu Mikenge, aho ingabo za Congo zivuga koi zo drones zavogereye ikirere cyo mu Minembwe.
FARDC ivuga koi zo drones ari ikimenyetso cyo kurenga ku gahenge k’intambara gateganywa n’amasezerano ya Washington.
Abaturage bari babonye izo drones ebyiri zigurukira muri kariya gace kamaze igihe kaberamo imirwano hagati ya FARDC n’abakorana nay o, n’abarwanyi ba Twirwaneho bafatanya na AFC/M23.
Muri kariya gace kandi ingabo za Congo zishinjwa gukoresha drones zirasa ku baturage b’abasivile biganjemo Abanyamulenge.
UMUSEKE.RW
