I Bujumbura gusuhuzanya bahana ikiganza byaciwe

Ubutegetsi bw’Intara ya Bujumbura, Umujyi mukuru w’ubucuruzi mu Burundi, bwaciye gusuhuzanya abantu bahana ukuboko bitewe n’umuvuduko indwara ya Cholera iri gukwirakwiraho mu bice bitandukanye by’icyo Gihugu.

Ni mu itangazo ryasohowe n’Umuyobozi (Buramatari) w’Intara ya Bujumbura, Aloys Ndayikengurukiye ku wa Mbere tariki 6 Ukwakira 2025, agaragaza ingamba zafashwe zitandukanye zo guhangana n’iyo ndwara iterwa n’umwanda.

Kuva muri Nzeri 2025, inzego zishinzwe ubuzima zirimo n’Umuryango w’Abaganga batagira Umupaka, ‘Médecins Sans Frontières’, zagiye zitanga impuruza ko indwara ya Cholera irimo gukwirakwira cyane by’umwihariko mu gace ka Cibitoke, aho abantu barenga 200 bajyanwe mu bitaro.

Izo nzego z’ubuzima ntizivuga rumwe na Leta y’u Burundi yo ivuga ko mu 2025, abantu 1000 ari bo bonyine barwaye Cholera hagapfa batandatu, abandi bakavuga ko barenga.

Itangazo, Guverineri w’Intara ya Bujumbura yasohoye agira ati “Birabujijwe guhana amaboko mu kuramukanya, indamutso y’amahoro yonyene irahagije.”

BBC yatangaje ko Minisiteri y’Ubuzima mu Burundi yasohoye amatangazo aca ku ma radio akangurira abantu uko bakwirinda indwara ya Cholera, ko kandi ibitaro bya Prince Régent Charles i Bujumbura mu minsi ishize byari byugarijwe n’umubare munini w’abantu byakira bafite ibimenyetso by’iyi ndwara.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumye ryita ku Buzima rigaragraza ko indwara ya Cholera iterwa n’agakoko kitwa ‘Vibrio Cholerae’, ikaba yibasira cyane abantu banywa amazi cyangwa barya ibiribwa byanduye.

Iyo umuntu ayirwaye, agaragaza ibimenyetso birimo gucibwamo cyane, kuruka, kumagara no kubura imbaraga bitewe no kubura amazi n’imyunyungugu mu mubiri.

Iyo itavuwe vuba ishobora gutera urupfu mu masaha make.

Ikigo Nyafurika cyo gukumira indwara, Africa CDC, kivuga ko abanduye Cholera muri Africa bitezwe kurenga 300,000, hagapfa 2.1% by’abanduye.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *