MUSANZE: Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abagabo babiri bari barashinze uruganda mu ngo zabo rw’inzoga yitwa “Nzoga Ejo,” litiro zirenga 1,300 z’iyo nzoga itujuje ubuziranenge ziramenwa.
Bafatiwe mu Mudugudu wa Gahama, Akagari ka Gakoro, Umurenge wa Gacaca, ku wa 9 Ukwakira 2025.
Iyi operasiyo yabaye nyuma y’uko abaturage babwiye polisi ko mu ngo z’aba bombi hengerwa inzoga ikorwa mu isukari, umusemburo wa pakimaya n’ibindi.
Yagize ati: “Dushishikariza abaturage kwirinda kunywa ibinyobwa bitujujuje ubuziranenge, ndetse n’ababikora bakagirwa inama yo kubireka; iyo batabiretse, barafatwa n’ibyo bafatanywe bikamenwa.”
Yagize ati: “Kenshi ababinywa nibo baba intandaro y’umutekano muke, urugomo n’amakimbirane mu miryango yabo.”
IP Ngirabakunzi yatangaje ko abanywa iyi nzoga batanga ubuhamya bw’uko ibazahaza, bakisanga mu bukene, ari naho bahera basaba abaturage kubyirinda.
Mu Karere ka Musanze hakunzwe kuvugwa ubwoko butandukanye bw’ibinyobwa byengwa bitujuje ubuziranenge, birimo iyi izwi nka ” Nzoga Ejo, Muhenyina, Umutaragweja, Yewe muntu” n’izindi.
Inzego z’umutekano, abaturage n’inzego z’ibanze bakomeje gushyira imbaraga mu kubirwanya, aho ababifatanywe bahanwa ndetse n’ibyafashwe bikamenwa.
JANVIERE NYIRANDIKUBWIMANA
UMUSEKE.RW i Musanze