FERWAFA yamanuye amakipe abiri mu cyiciro cya Gatatu

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamanuye amakipe abiri, Nyagatare FC n’Akagera FC mu cyiciro cya Gatatu nyuma y’uko aya yombi yikuye muri shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri y’uyu mwaka w’imikino.

Mu minsi ishize ni bwo Nyagatare FC yanditse ibaruwa yikura muri shampiyona y’icyiciro cya Kabiri nyuma y’Akagera FC yari yabanje kwikura muri iyi shampiyona.

Izi zombi n’ubwo zafashe iki cyemezo aho bivugwa ko byatewe n’amikoro make, ariko yari yanamaze gushyirwa mu itsinda A ryagombaga gukina shampiyona y’uyu mwaka 2025/2026.

Kuri uyu wa Gatandatu, ni bwo Ferwafa yasohoye Itangazo rivuga ibyemezo aya makipe yombi yafatiwe nyuma yo kunyuranya n’ibikubiye mu mabwiriza agenga iri rushanwa.

Iri shyirahamwe ryavuze ko Nyagatare FC n’Akagera FC, zamanuwe mu cyiciro cya Gatatu. Ferwafa yavuze ko iki cyemezo gikubiye mu ngingo ya 6,10 mu mabwiriza agenga irushanwa.

Hatangajwe ko mu itsinda A aya makipe yari arimo, nta kizahinduka kandi nta yindi kipe izamanuka muri iri tsinda. Bavuze ko ku ngengabihe y’imikino iri muri iri tsinda, ikipe izajya iba iri bukine n’imwe muri izi zamanuwe, izajya iruhuka.

Itangazo rya Ferwafa ryemeza ko Nyagatare FC n’Akagera FC zamanuwe mu cyiciro cya Gatatu
Akagera FC yamanuwe mu cyiciro cya Gatatu
Nyagatare FC na yo yamanuwe mu cyiciro cya Gatatu

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *