Ihuriro Alliance Fleuve Congo rikorana na M23 mu kurwanya ubutegetzi bwa Congo, (AFC/M23) rirashinja ingabo za leta ya Congo kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote zizwi nka drone mu duce turimo Minembwe.
Itangazo ryo kuri iki Cyumweru tariki 22 Werurwe, 2026 rivuga ko mu ijoro ryakeye, ingabo za Congo, FARDC n’abafatanya na zo barashe mu duce dutuwe cyane n’abasivile mu misozi ya Gakenke, Kalingi, no mu Centre ya Minembwe.
AFC/M23 ivuga ko ibyo bitero byahitanye ubuzima bw’abantu, ndetse binatuma abandi bava mu byabo kandi binangiza ibintu byinshi.
Itangazo rivuga ko ibyo bitero bisobanura imbaraga rikoreshwa mu kwica abaturage b’abasivile.
AFC/M23 ivuga ko yereka ibyabaye abaturage ba Congo kubera ibyo bitero bikomeje kubibasira bigakorwa buri wese arebera, ndetse n’Umuryango Mpuzamahanga.
Ntacyo ingabo za Congo, FARDC ziravuga kuri ibi bivugwa na AFC/M23 cyangwa kuri biriya bitero.
America iherutse gusaba abarwana muri Congo guhagarika ikoreshwa rya drones z’ubwiyahuzi, nyuma y’ibitero byagabwe i Goma bikica umukozi wa UNICEF, n’abandi baturage b’abasivile.
Ihuriro AFC/M23 na ryo ryigambye ibitero byagabwe ku kibuga cy’indege i Kisangani mu minsi ishize.
UMUSEKE.RW
